Inkuru Nyamukuru

Rugerinyange Theoneste yashinzwe Ubukungu muri Rulindo

todayJune 10, 2023

Background
share close

Ku wa Gatanu tariki ya 9 Kamena 2023 mu Karere ka Rulindo habereye igikorwa cyo gutora Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, uwatowe akaba ari Rugerinyange Theoneste wasimbuye Mutsinzi Antoine wahawe inshingano zo kuyobora Akarere ka Kicukiro.

Rugerinyange Theoneste

Rugerinyange Theoneste nyuma y’amatora yahise arahirira kuzuza inshingano yatorewe. Umuhango w’irahira wayobowe na Perezida w’Urukiko rwisumbuye rwa Gicumbi, Rusanganwa Eugène.

Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Mukanyirigira Judith, yashimiye abakandida bitabiriye amatora n’abagize Inteko itora kuba bitabiriye amatora, abashimira n’igikorwa cyiza cyo gutora neza bagatora Rugerinyange wiyemeje kubagezaho ibikorwa by’iterambere afatanyije n’abandi.

Rugerinyange Theoneste watorewe kuba Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo wungirije ushinzwe Ubukungu, yashimiye abamutoye, atangaza ko aje gukomereza aho mugenzi we asimbuye yari agereje.

Rugerinyange Theoneste yarahiriye kuzuza inshingano yatorewe

Rugerinyange yavuze ko azaharanira guteza imbere ishoramari. Yagize ati “Imbaraga n’ubushake ndabifite, kandi nzaharanira ko Akarere ka Rulindo kaza ku isonga mu kwesa imihigo, ibitekerezo n’ubujyanama bwanyu nzabyakira, dufatanye kubaka Rulindo twifuza, kandi mu bufatanye byose birashoboka”.

Perezida w’Urukiko rwisumbuye rwa Gicumbi, Rusanganwa Eugène, yakira indahiro, yabwiye umuyobozi warahiye ko indahiro atari umuhango, ahubwo ko ari ugushyira mu bikorwa Itegeko Nshinga.

Ati “Indahiro ni igihango ugirana n’Igihugu hamwe n’abaturage bakugiriye icyizere bakagutuma. Ufite uruhare runini mu guteza imbere Akarere ka Rulindo, ntuzatatire icyo gihango”.

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille

Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Nyirarugero Dancille, wari witabiriye aya matora yashimiye Rugerinyange Theoneste ku bushake yagaragaje mu gutanga umusanzu wo kubaka Rulindo n’Igihugu muri rusange. Yamusabye gusigasira ibyagezweho no kongera umusaruro mu bwiza no mu bwinshi.

Ati “Icyizere wagiriwe uzakigaragarize mu kubaka iterambere ry’Akarere ka Rulindo no kubaka Rulindo twifuza”.

Rugerinyange Theoneste watorewe kuba Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo wungirije ushinzwe Ubukungu yari asanzwe ari umuyobozi w’umushinga SAIP (Agricultural Intensification and Food Security Project) mu Karere ka Rwamagana. Ni umugabo w’imyaka 49 y’amakuko, akaba afite umugore n’abana batatu.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Amerika yahagaritse inkunga y’ibiribwa yageneraga Ethiopia

Ikigo cy'Abanyamerika gitanga imfashanyo USAID, cyatangaje ko gihagaritse imfashanyo y'ibiribwa cyagenerwaga Ethiopia nyuma y'uko imfashanyo irimo kunyerezwa ntigere ku bayicyeneye. Inkunga y'ibiribwa yagenerwaga Ethiopia yahagaritswe Ubutumwa bw'ibanga bwatangajwe buvuga ko ibigo bya leta ya Ethiopia hamwe n'igisirikare ari bo bari inyuma y'uwo mugambi. BBC yatangaje ko uyu mwanzuro ufashwe mugihe Abanya-Ethiopia bagera kuri miliyoni 20, bugarijwe cyane n'ubucye bw'ibiribwa kubera intambara n'amapfa yatewe n'izuba ryinshi bizabagiraho ingaruka. Amerika ni yo […]

todayJune 10, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%