Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rubavu bwemeje ko hari umusore warashwe na Polisi y’u Rwanda mu ijoro rya tariki 14 Kamena 2023, aho yari amaze gutega abantu babiri abambura telefoni n’amafaranga.
Abaturage bashimiye polisi kuri iki gikorwa, banayisaba gukomeza gushakisha abantu nk’aba bahungabanya umutekano kuko byatuma n’abandi batinya.
Umwe yagize ati: “iyo uri mu nzira utaha wumva abantu bagufashe bakakwambura, icyo dusaba ubuyobozi ni uko abantu nk’aba bajya bicwa, ibi bizajya bituma n’abandi batinya.”
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rubavu, Harerimana Blaise avuga ko insoresore zashatse kwambura abaturage saa kumi ubwo bari bagiye mu kazi, inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’ibanze bagiye kubafata umwe muri bo ashaka kubarwanya akoresheje umupanga baramurasa.
Ku wa Kane tariki ya 15 Kamena, mu ishuri rikuru rya Polisi (NPC), riherereye mu Karere ka Musanze, hatangijwe ibiganiro nyunguranabitekerezo bizamara iminsi ibiri byiga ku butabera, amahoro n’umutekano birambye. Ni ibiganiro bihuje impuguke mu ngeri zitandukanye zirimo inzobere mu bushakashatsi, abo mu nzego zifata ibyemezo n’abarimu muri za Kaminuza, hagamijwe guteza imbere ubutabera buharanira amahoro n’umutekano birambye ku mugabane w’Afurika. Ibi biganiro byitabiriwe ku nshuro ya 10 bikubiye mu […]
Post comments (0)