Inkuru Nyamukuru

Siriya: U Burusiya burashinjwa kugaba igitero cyahitanye abagera ku 10

todayJune 25, 2023

Background
share close

Igitero cy’indege cyagabwe mw’isoko ricururizwamwo imboga mu Majyepfo ashyira uburengerazuba bwa Siriya cyahitanye abagera ku 10.

Abaharanira uburengenzira bwa muntu muri Siriya bavuze ko abarenga 30 bakomerekeye muri icyo gitero. Imibare yabakiguyemo kandi ishobora kwiyongera, kuko mu bakomeretse harimo abo bivugwa ko bahise bitaba Imana nyuma yo kugezwa kwa muganga.

Ishyirahamwe, Observatoire syrien des droits de l’homme, rifite icyicaro mu Bwongereza rikaba rikurikiranira hafi ibibera muri Siriya n’abaharanira uburenganzira bwa muntu batandukanye bavuze ko igitero cyo kuri iki cyumweru cyagabwe n’u Burusiya busanzwe buftawa nk’inshuti ya mbere ya Perezida Bashar Assad.

Isoko ry’imboga risanzwe rihuriramo abantu benshi, rikaba riherereye mu gace ka Jisr al-Shughur, kari mu biganza by’abatavuga rumwe na Perezida wa Siriya. Aka gace kandi gasanzwe gahana imbibi na Turukiya.

Yaba u Burusiya cyangwa se Siriya, nta ruhande na rumwe ruragira icyo ruvuga kuri iki gitero.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Pasiteri Théogène Niyonshuti azibukirwa ku ki?

Abantu batandukanye bamenye Pasiteri Théogène Niyonshuti bavuga ko bazamwibukira cyane ku bikorwa by’urukundo yakoraga, ndetse n’inyigisho zisekeje yajyaga atanga yigisha ijambo ry’Imana. Pasiteri Théogène Niyonshuti uherutse kwitaba Imana Umuvugizi w’Itorero ADEPR, Pasteri Isaïe Ndayizeye, aganira na Kigali Today, ku wa gatandatu tariki 24 Kamena 2023, yemeje ko Pasiteri Théogène Niyonshuti mu itorero yabagamo bazamwibukira ku nyigisho yatangaga, ariko cyane cyane ku bikorwa yafashaga itorero byo kwigisha urubyirukuko kuva mu biyobyabwenge. […]

todayJune 25, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%