Inkuru Nyamukuru

Abakunzi ba KT Radio basuye uwarokotse Jenoside baranamuremera

todayJuly 3, 2023

Background
share close

Abakunze guhamagara kuri KT Radio bahagarariye abandi, kuri uyu wa 2 Nyakanga 2023 basuye uwarokotse Jenoside utuye mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, banamushyira impano zirimo ihene ebyiri zavuye mu bushobozi begeranyije.

Bamushyiriye amatungo magufiya

Nk’uko bivugwa na Théogène w’i Jomba ho mu Karere ka Nyabihu, ari na we ubahagarariye, uyu munsi bifatanyije n’abo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza, mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, hanyuma bakomereza mu gusura Mariyamu Mukamusonera w’imyaka 59, warokotse Jenoside, akaba na we atuye mu Murenge wa Busasamana.

Igitekerezo cyo gusura uwarokotse Jenoside ngo bakigize mu nama baherukamo nk’abakunzi ba KT Radio bishyize hamwe, dore ko biyemeje kujya bahura byibura kabiri mu mwaka, nyuma y’uko bahuye bwa mbere bagira ngo bamenyane, nk’abajyaga bumvana bahamagara kuri KT Radio.

Ati “Dukurikije uko duhamagara kuri radiyo, twagize amatsiko yo kugira ngo tuzahure, umwe muri twe atanga igitekerezo cy’uko twahura byibura rimwe gusa, hanyuma yaho tugira igitekerezo cyo kuzajya duhura kabiri mu mwaka.”

Abahagarariye akunzi ba KT Radio bashyikirije Mukamusonera impano bamugeneye hamwe na bagenzi babo

Akomeza agira ati “Noneho kubera ko n’ubuyobozi bwa Radio buba bwadushyigikiye, iyo duhuye buradufasha, twumva tugize ishyaka ryo kuzajya dushyigikirana. Ugize ibyago cyangwa ibyiza muri twebwe tukegeranya ubushobozi tukamugeraho, none ubu twiyemeje gutekereza no ku bafite imibereho mibi bandi.”

Mariyamu Mukamusonera, avuga ko acyumva ko azasurwa n’abakunzi ba KT Radio, byamuteye amatsiko, kandi ko aho yababoneye abashima, akanabifuriza guhorana urukundo.

Yagize ati “Bakimpamagara nibajije abo bantu abo ari bo. Nagiye kubona mbona uyu munsi baraje, banzaniye impano. Nishimye kandi nanashimye Imana ngo ibakomereze mu mirimo bakora. Harakabaho abafite ubumuntu. Rwose ubumuntu, urukundo ni ikintu gikomeye.”

Yunzemo ati “Twanabaye n’inshuti n’iyo radiyo. Nzajya nyumva, bansigiye umurongo wayo.”

Umukobwa we Daphrose Bampire na we ati “KT Radio nsanzwe nyumva ariko gakegake, ariko kubera urukundo abayikunda batugaragarije, nzajya nkunda kuyumva cyane no kubandikira.”

Banafashe ifoto y’urwibutso

Ubundi abakunzi ba KT Radio ni benshi, ariko abishyize hamwe nk’abakunze kuyihamagaraho (ambassadeurs) ngo babarirwa mu 140. Icyakora ababashije guhuza bakanegeranya ubushobozi bwavuyemo impano (amatungo magufiya n’amafaranga bashyize mu ibahasha) yagenewe umubyeyi Mariyamu Mukamusonera, ni 36.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

80% by’amashyamba ya Leta azaba yeguriwe abikorera bitarenze 2024

Mu rwego rwo gukomeza kubungabunga amashyamba ya Leta, Minisiteri y’Ibidukikije iratangaza ko yizeye ko muri 2024 izaba imaze kwegurira abikorera 80% by’amashyamba ya Leta, nk’uko biteganyijwe muri gahunda y’Igihugu yo kwihutisha iterambere, NST1, izarangirana n’umwaka utaha wa 2024. Amashyamba menshi ya Leta agiye kwegurirwa abikorera Minisitiri w’Ibidukikije, Dr. Jeanne D’Arc Mujawamariya, yabitangarije mu Nteko Ishinga Amategeko tariki 30 Kamena 2023, ubwo imitwe yombi yagezwagaho na Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, […]

todayJuly 3, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%