Umunyamabanga mukuru wa RIB, Col Jeannot Ruhunga, yavuze ko abakozi bashya b’ubugenzacyaha binjiye mu nshingano, babonye umwanya mwiza wo kwiga uburyo bwo guhangana n’ibyaha.
Barahiriye kuzuza inshingano zabo
Uwo muyobozi yavuze ko kugeza ubu, RIB ifite ibikoresho bihagije byo guhangana n’ibyaha, ati “Kugeza uyu munsi ibikoresho dufite, nta kibazo turahura nacyo, mu kugenza ibyaha ibyo ari byo byose, ariko ikoranabuhanga ririmo guhinduka vuba”.
Arongera ati “Natwe biradusaba kwihugura kuko abakora ibyaha baba bafite ikoranabuhanga rihambaye, biradusaba kubasiga ku buryo nibajya gukora ibyaha bitatugora kubigenza, nta gusinzira ni uguhozaho”.
Mu ngamba abanyeshuri basoje amasomo bajyanye mu mwuga, harimo ubumenyi bwo kugenza icyaha kinyamwuga, hifashishijwe ubumenyi buhanitse bungutse.
Nkubito Evariste ati “Mu mpanuro twahawe n’abayobozi n’amasomo twahawe mu gihe cy’amezi arindwi, bitugaragariza neza ko umugenzacyaha urangije iyi kosi, afite ubushobozi bwo guhangana n’ibyaha by’inzaduka n’ibindi bigenda bivuka, twiteguye neza guhangana nabyo”.
Mu nyigisho bahawe, harimo uburyo bwo kugenza ibyaha no gutunganya amadosiye y’ubugenzacyaha, ikoreshwa ry’ibimenyetso bifitanye isano n’icyaha, amahame ajyanye no kubahiriza uburenganzira bwa muntu, imyitwarire mbonera mu kazi k’ubugenzacyaha, banahabwa imyitozo ibafasha kubaka umubiri mu rwego rwo kwirwanaho aho bibaye ngombwa.
Minisitiri w’Ubutabera, Dr. Emmanuel Ugirashebuja
Ni amahugurwa yasojwe na Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Dr Emmanuel Ugirashebuja, wasabye abasoje amasomo gukora kinyamwuga no kugira discipline, abibutsa ko uzarenga ku nshingano ze atazihanganirwa.
Yavuze kandi ko u Rwanda rwiteguye guhangana n’ibyaha by’ikoranabuhanga, ati “Muri ibi bihe by’umuvuduko w’iterambere rishingiye ku ikoranabuhanga tuganamo, hari ibyo tudashobora gusubiza inyuma ahubwo dugomba kujyana nabyo”.
Ati “Twatangiye kwinjira mu kiragano gishya cy’ikoranabuhanga, rifite akamaro kenshi mu iterambere ariko tugomba kwitegura ko hari abagizi ba nabi barikoresha mu byaha, zimwe mu nzira zo guhangana n’ibyaha ni ukongerera ubumenyi n’ubushobozi abakora mu butabera, by’umwihariko mu bugenzacyaha”.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yakiriwe ku meza mu musangiro wo kwizihiza ibirori bya yubile y’imyaka 50 y’ubwigenge bwa Bahamas. Igihugu cya Bahamas, cyabonye ubwigenge tariki 10 Nyakanga 1973, nyuma yo kumara imyaka amagana gikoronijwe n’abongereza kuva 1748. Muri ibi birori byo kwishimira ubwigenge bwa Bahamas, Perezida Kagame yakiriwe mu musangiro na Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu, Philip Davis n’umugore we Ann Marie Davis. Ibi birori kandi byitabiriwe n’abayibozi […]
Post comments (0)