Inkuru Nyamukuru

Musanze: Visi Meya Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu yeguye

todayJuly 24, 2023

Background
share close

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Andrew Rucyahana Mpuhwe, yeguye ku mirimo ye.

Andrew Rucyahana Mpuhwe

Rucyahana yatangaje ko kwegura ku mirimo ye ari umutimanama we wabimutegetse, kubera amakosa aherutse gukora yo kwitabira igikorwa cyo kwimika Umutware w’Abakono.

Yagize ati “Umutimanama wanjye wantegetse kwegura kubera amakosa nakoze yo kwitabira ibirori nka biriya, simbanze gushishoza ngo ndebe ingaruka byatera muri sosiyete y’u Rwanda, mpitamo kwegura abandi bayobozi nabo bafite uko babitekereje, ariko jyewe neguye ndumva ntakomeza kuyobora kubera ariya makosa nakoze”.

Rucyahana avuga ko kwitabira iyimikwa ry’umutware w’Abakono kandi ari umuyobozi, byamuteye kumva atasubira mu baturage kugira icyo ababwira, kuko atatanze urugero rwiza rw’umuyobozi wari ubahagarariye, nyuma yo kwitabira igikorwa cyarebaga abantu bamwe.

Ati “Ndumva atari umwanya mwiza wo kuba nakomeza kuyobora, ahubwo ndumva ari umwanya mwiza wo kuba najya ku ruhande hakagira abandi bajya muri izo nshingano kugeza igihe Abanyarwanda n’ubuyobozi bazumva ko nakongera kugira umusanzu ntanga mu kubaka u Rwanda, bakampa izindi nshingano”.

Rucyahana avuga ko yitabiriye ibyo birori nk’umutumirwa, kuko yari yatumiwe n’umwe mu banyamuryango b’Abakono.

Yongeraho ko azakomeza imirimo yakoraga yo kwikorera, mbere y’uko aza mu buyobozi.

Rucyahana yaboneyeho gusaba Abanyarwanda kubakira ku Bunyarwanda bakirinda ikintu cyose cyabacamo ibice, bakirinda amacakubiri.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

RDC: Umusirikare yarashe abantu 13

Mu burasirazuba bwa Repubulika ya demokarasi ya Congo umusirikare ku Cyumweru yarashe amasasu ku baturage bari bagiye gushyingura yica abantu 13 barimo abana 9. Byatangajwe n’inzego z’igisirikare n’iz’ubuyobozi z’aho byabereye mu cyaro cy’ahitwa Nyakova ku nkengero z’ikiyaga cya Albert mu Ntara ya Ituri yo muri Kivu y’Amajyaruguru. Umuvugizi w’igisirikare muri iyo Ntara, Jules Ngongo, yabwiye ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ko amatsinda y’abasirikare yatangiye gushakisha uwo mugabo, kandi batangiye iperereza ku […]

todayJuly 24, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%