Inkuru Nyamukuru

Polisi ikomeje ubukangurambaga bwo gukumira no kurwanya inkongi

todayJuly 24, 2023

Background
share close

Polisi y’u Rwanda Ishami rishinzwe  kurwanya inkongi n’ubutabazi, rikomeje guhugura abakozi b’ibigo bitandukanye ku gukumira no kurwanya inkongi z’umuriro.

Ni amahugurwa yateguwe  hagamijwe ko buri muturarwanda wese amenya, akanasobanukirwa uburyo yakwirinda inkongi n’uko yakwitwara igihe yaba ibaye cyangwa se yayizimya yifashishije bimwe mu bikoresho by’ibanze.

Ku wa Gatanu tariki ya 21 Nyakanga,  hahuguwe abakozi  87 bakorera mu kigo cy’ubucuruzi cya BM Azmaria General trading Ltd. gikorera mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo, bigishijwe ku birebana n’ubutabazi bw’ibanze mu gihe habaye inkongi. 

Beretswe uko bakwirwanaho haramutse habaye inkongi n’uburyo bakoresha  bayizimya bakoresheje bimwe mu bikoresho birimo za kizimyamuriro n’uburingiti butose ku bateka bakoresheje Gazi.

Chief Inspector of Police (CIP) Jonas Rizinde ubwo yatangaga aya mahugurwa y’umunsi umwe, yasobanuriye abakozi bo muri iki kigo ko  badakwiriye kugira ubwoba bwo kwitabara ubwabo mu gihe bahuye n’inkongi.

Yababwiye ko bagomba gushishikazwa no kurengera ubuzima bwabo, barushaho gukomeza kwihugura ku masomo ajyanye no kurwanya no gukumira inkongi, bakihatira guhoza hafi ibikoresho byo kuzimya inkongi kandi igihe ibaye bakagira uruhare mu kugabanya ubukana bwayo.

Yagize ati: “Inkongi zangiza ibintu byinshi birimo ibicuruzwa, bigatuma habaho igihombo gikomeye,  bikagira ingaruka ku iterambere bwite ry’umuryango ndetse n’igihugu muri rusange.”

Yakomeje agira ati: “Mukwiye rero  kuzirikana ibyo mwigiye muri aya mahugurwa bikazababera impamba izabarengera   mu gihe mutarabona ubundi butabazi.”

Yavuze ko kugira ibikoresho  aho bakorera ari byiza kuko babyifashisha bikabagoboka igihe habaye Inkongi itaragira ubukana ngo ikwirakwire kandi yangize byinshi ariko na none bakihutira kubimenyesha Polisi.

Basabwe kwirinda  gusiga Firigo icanye basoje akazi, mu gihe badafite icyuma kiringaniza umuriro (Stabilisateur), bakirinda no kuvugira kuri telefone barimo gukoresha Gazi.”

Manzi Maurice umuyobozi ushinzwe abakozi b’iyi Kompanyi ya BM Azmaria General Trading Ltd. yashimiye Polisi y’u Rwanda yabashije kugera aho bakorera, ikabaha amasomo y’uburyo bakwiriye kurwanya no gukumira inkongi kuko azabafasha kugira uruhare mu kwibungabungira umutekano w’ibicuruzwa byabo.

Yagize ati: “Turashimira Polisi yaduhaye aya mahugurwa, Inkongi ntiteguza tugomba guhora twiteguye  

igihe yaba mu maduka yacu  ndetse n’ay’abaturanyi dukorana tukabasha kwitabara. Twamenye  iby’ibanze umuntu yakora mu gihe ahuye n’inkogi,  tuzabisangiza n’abandi bataragira amahirwe nk’aya.”

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Musanze: Visi Meya Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu yeguye

Umuyobozi w’Akarere ka Musanze Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Andrew Rucyahana Mpuhwe, yeguye ku mirimo ye. Andrew Rucyahana Mpuhwe Rucyahana yatangaje ko kwegura ku mirimo ye ari umutimanama we wabimutegetse, kubera amakosa aherutse gukora yo kwitabira igikorwa cyo kwimika Umutware w’Abakono. Yagize ati “Umutimanama wanjye wantegetse kwegura kubera amakosa nakoze yo kwitabira ibirori nka biriya, simbanze gushishoza ngo ndebe ingaruka byatera muri sosiyete y’u Rwanda, mpitamo kwegura abandi bayobozi nabo bafite […]

todayJuly 24, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%