Inkuru Nyamukuru

Nigeria: Perezida Bola Tinubu yarahije guverinoma nshya

todayAugust 22, 2023

Background
share close

Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu, ku wa mbere yarahije abaminisitiri 45, muri guverinoma nshya, abasaba kuba imbaraga zo guhindura ibintu mu nzira nziza n’umuyoboro w’ibikorwa bihuriweho by’iterambere ry’igihugu.

Mu bibazo bitegereje iyi guverinoma nshya harimo kwita ku bibazo by’ubukungu, bugenda buhoro, ifaranga rijegajega n’itumbagira ry’ibiciro mu gihugu kirusha ibindi ubukungu ku mugabane w’Afurika.

Iki gihugu kinafite ibibazo bikomeye by’umutekano muke, harimo ubujura bukorwa n’udutsiko tw’abanyarugomo mu bijyanye na peteroli n’ibiyikomokaho.

Umuhango wo kurahira wabaye nyuma y’amezi hafi atatu Tinubu agiye ku butegetsi tariki 29 Gicurasi amaze gutsinda mu matora ya Perezida yabaye muri Gashyantare yaranzwe n’impaka, aho uwari imbere mubo bari bahanganye yitabaje urukiko.

Perezida Tinubu yabwiye abaminisitiri bashya ko inshingano zabo ari ukugarura cya rubanda muri guverinoma bakabasha kongera kwiyumvamo ubuyobozi.

Guverinoma ya Tinubu iruta mu bunini iy’uwo yasimbuye, Muhammadu Buhari, wari ufite abaminisitiri 36 muri manda ye ya mbere na 43 muri manda ya kabiri.

Hakurikijwe itegeko rya Nigeria, Perezida agomba gushyiraho abaminisitiri bakomoka muri buri Leta 36 zigize igihugu.

Hafi y’abaminisitiri bose bafite uburambe muri politiki. Benshi bagize uruhare rukomeye mu bikorwa byo kwamamaza Tinubu.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Meteo Rwanda irasaba abantu kwitegura imvura y’umuhindo

Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda), Aimable Gahigi, arasaba abantu gutangira kwitegura imvura y’umuhindo hirindwa ingaruka zaterwa n’ibiza kuko iyo umuhindo ugitangira ugaragaramo imvura n’umuyaga mwinshi. Abitangaje mu gihe hirya no hino mu Turere dutandukanye, ubuyobozi burimo gukangurira abaturage batuye ahantu hashyira ubuzima bwabo mu kaga kwimuka bakajya gutura ahatabateza ibibazo. Mu kiganiro yahaye RBA, Aimable Gahigi, avuga ko mu gihe hitegurwa imvura y’umuhindo, buri muturage akwiye kwisuzuma […]

todayAugust 22, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%