Inkuru Nyamukuru

Chancelier w’u Budage aragirira uruzinduko rwa gatatu muri Afurika

todayOctober 28, 2023

Background
share close

Chancelier w’Ubudage, Olaf Scholz, muri izi mpera z’icyumweru azagirira uruzinduko rwe rwa gatatu muri Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara muri iyi myaka ibiri.

Scholz azasura igihugu cya Nijeriya gikora ingufu nyinshi z’amashanyarazi kimwe na Ghana. Ikibazo cy’abinjira n’abasohoka hamwe n’umutekano muke muri Afurika yo mu burengerazuba, na byo biri kuri gahunda ye y’ibyo azasuzuma.

Anton Hofreiter, umudepite wo mw’ishyaka German Green party yavuze ko impamvu y’urwo ruzinduko, ishingiye ku kuba Ubudage n’Uburayi bikeneye Afurika kurusha uko babitekerezaga. Yabyise, “uguhumuka guciriritse” iyo abantu babonye ko Umuryango w’ubumwe bw’Uburayi ukeneye abawufasha kurwanya ivogera ry’Uburusiya muri Ukraine.

Intambara hagati ya Isiraheli n’umutwe wa Hamas, byatumye mu buryo bwihariye, umuryango w’ubumwe bw’Uburayi, urushaho gukenera ibitanga ingufu.

Ibiro ntaramakuru Reuters, bivuga ko nyuma y’uko u Burusiya buvogereye Ukraine mu kwezi kwa kabiri, umwaka wa 2022, u Budage bwahindukiriye Qatar, kugirango bubone gazi iyunguruye yari ikenewe mu nganda zabwo.

Abasesengura ibintu bavuze ko u Budage bushobora gufasha mu bijyanye n’urwego rwa peteroli rushyirwamo amafaranga adahagije muri Nijeriya.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Perezida Macron yasabye ko habaho agahenge mu ntamabara Israheli ihanganyemo na Hamas

Perezida w'u Bufaransa, Emmanuel Macron, ku wa gatanu, yasabye ko haba agahenge mu ntamabara hagati ya Israheli n'umutwe wa Hamas kugirango abasivile bo mu ntara ya Gaza babashe kurindwa. Perezida Emmanuel Macron nubwo yavuze ibi, ariko yemeye ko Israheli ifite uburengenzira bwo kurwanya iterabwoba. Yakomeje avuga ko umwanzuro Israheli yafashe wo gufunga amayira yose yinjira n'asohoka muri Gaza kuburyo nta kintu kinjira cyangwa ngo gisohoke, kugaba ibitero ititaye ku baturage, […]

todayOctober 28, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%