Inkuru Nyamukuru

Ukraine yashimye Amerika ku bihano bishya yafatiye abafasha u Burusiya

todayNovember 4, 2023

Background
share close

Ukraine yashimiye Leta zunze ubumwe za Amerika ku bihano yafatiye abantu n’amashyirahamwe arenga 220 akorana n’u Burusiya.


Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky, yishimiye ibihano bishya Amerika yafatiye impande zitandukanye zifasha u Burusiya, avuga ko ari ibihano bikarishye.

Ibihano bishua bya Amerika bireba abantu n’amashyirahamwe yo mu Bushinwa, Turukiya na Leta zunze ubumwe z’Abarabu. Impande zose zirebwa n’ibyo bihano zishinjwa gufasha u Burusiya mu ntambara burim o na Ukraine.

Hagati aho, Ukraine ivuga ko ibitero by’ibisasu u Burusiya bwagabye mu ntara ya Kherson byahitanye abasivile babiri, barimo umukecuru w’imyaka 81, n’undi w’imyaka 60. Bombi byabasanze murugo rwabo. Abantu 4 ni bo bakomerejwe n’ibyo bisasu ndetse binasenya inzu zitatangajwe imibare.

Intara ya Kherson u Burusiya bwagabyeho igitero ku wa Kane, ifatwa nk’ibirindiro bikomeye mu ntambara y’u Burusiya na Ukraine, kubera ko yegereye intara ya Krimea u Burusiya bwigaruriye mu 2014.

Ku rundi ruhande, u Burusiya bwavuze ko Ukraine irimo ikina n’umuriro. Ni nyuma y’igitero cy’indege zitagira abapirote Ukraine yagabye ku ruganda rw’ubumara bwa Nikleyeri ruri ahitwa Zaporizhzhia. U Burusiya bugenzura urwo ruganda kuva mu 2022.

Minisiteri y’Ingabo mu Burusiya yavuze ko ingabo z’igihugu zahanuye indege zitagira abapilote 8 za Ukraine.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Kiliziya Gatolika y’i Kabuga yahaye umugisha imva z’abashyinguwe mu irimbi ry’i Rusororo

Abarenga 400 bafite ababo bitabye Imana bashyinguwe mu irimbi ry’i Rusororo, basomewe Misa muri Kiliziya Gatolika y’i Kabuga, nyuma habaho no guha umugisha imva z’abo bitabye Imana. Hanje kubaho igitambo cya Misa yo gusabira abashyinguye i Rusororo Iyi misa yabaye ku wa Kane tariki 02 Ugushyingo 2023, kuva saa munani z’amanywa, mu rwego rwo gutangira ukwezi kwahariwe gusabira abitabye Imana muri Kiliziya Gatolika hose ku Isi. Padiri Mukuru wa Paruwasi […]

todayNovember 4, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%