Inkuru Nyamukuru

Abatwara ibinyabiziga bishora mu byaha bya ruswa baburiwe

todayNovember 8, 2023

Background
share close

Polisi y’u Rwanda yaburiye abasaba, abatanga cyangwa abakira indonke kugira ngo bakore cyangwa badakora ibiri mu nshingano zabo, ko bahagurukiwe, mu rwego rwo gushyigikira gahunda y’igihugu y’imiyoborere myiza n’umurimo unoze.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, Assistant Commissioner of Police (ACP) Boniface Rutikanga, yavuze ko icyaha cya ruswa gikunze kugaragara muri serivisi zijyanye n’umutekano wo mu muhanda, aburira abakomeje kuyishoramo n’abazayigaragaraho ko bazahura n’ibihano bikomeye nk’uko amategeko abiteganya.

Yagize ati: “Turagira ngo tuburire abantu cyane cyane abatwara ibinyabiziga, kwitondera kugerageza guha ruswa abapolisi kugira ngo bahabwe serivisi zimwe na zimwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko cyangwa bagamije kuburizamo kubahirizwa kw’amategeko ku cyaha cyakozwe cyangwa ku ihohoterwa iryo ari ryo ryose.” 

Yongeyeho ati: “Ni kimwe ku muntu utanga ruswa ndetse n’umupolisi ushobora kuyakira bose bakurikiranwa n’amategeko. Muri Polisi y’u Rwanda, ruswa ntiyihanganirwa kuko abapolisi bayigaragaweho bahura n’ingaruka zikomeye zirimo gukurikiranwa mu nkiko no kwirukanwa mu kazi.”

ACP Rutikanga yakomeje ati: “Dufashe nk’urugero; iyo utanze ruswa kugira ngo wirinde ibihano ku byaha n’amakosa yo mu muhanda, ubone uruhushya rwo gutwara ibinyabiziga n’ubwo watsinzwe ikizamini, cyangwa kugira ngo imodoka yawe ihabwe icyemezo cy’ubuziranenge itujuje ibisabwa; biba bibi cyane iyo uko gutambamira iyubahirizwa ry’amategeko bikozwe n’abapolisi, bashinzwe kurinda umutekano w’abaturage bakoresha umuhanda.

Ibi bishyira umutekano wo mu muhanda mu kaga gakomeye, ari nayo mpamvu nta na rimwe bishobora kwihanganirwa, ariko kandi ni n’icyaha kigira ingaruka ku mitangire ya serivisi yizewe, kikangiza isura y’igihugu n’iya Polisi y’u Rwanda by’umwihariko. “

Icyegeranyo cyashyizwe ahagaragara n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) mu mwaka wa 2023, ku ishusho y’uko abaturage babona imiyoborere n’imitangire ya serivisi, kigaragaza ko abaturage bagaragaje ko bafitiye icyizere Polisi y’u Rwanda ku gipimo kingana na 94.23%.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda yasabye abaturage kwirinda bene iyo myitwarire kandi bakajya batanga amakuru ku muntu uwo ari we wese ugerageza gutanga cyangwa gusaba ruswa, hagashyirwa imbere kubaka umuco uha agaciro ubwangamugayo naho ruswa ikagirwa ikizira.

Yagaragaje ko gahunda Polisi y’u Rwanda ifite ari ukongera ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi, hagamijwe kugabanya guhura kw’abapolisi n’abakenera serivisi zitangwa na Polisi mu rwego rwo gukumira ruswa.

Kuri ubu, serivisi nyinshi zijyanye n’umutekano wo mu muhanda zitangwa mu buryo bw’ikoranabuhanga; harimo gusaba gukoresha isuzuma ry’ubuziranenge bw’ikinyabiziga, kwiyandikisha ku kizamini cyo gutwara ibinyabiziga, kwishyura uruhushya rwo gutwara ikinyabiziga, kwishyura amande n’ibindi.

ACP Rutikanga yashimangiye ko igihe umupolisi asabye amafaranga kugira ngo akore ibinyuranyije n’uko biteganywa, aba yishe amategeko, agashyira ubuzima bwa benshi mu kaga ndetse nta mpamvu n’imwe ishobora gutuma habaho kumukingira ikibaba.

Ati: “Ni inshingano za buri wese kurwanya ruswa n’imitangire ya serivisi mbi, bikaba n’inshingano rusange. Hamagara kuri 997 (ku buntu) cyangwa ku miyoboro iyo ari yo yose y’itumanaho ya Polisi, kugira ngo utange amakuru ku mupolisi usaba ruswa n’uwo ari we wese ubonye ayitanga.”

Mu rwego rwo guhangana n’icyaha cya Ruswa muri Polisi y’u Rwanda, hafashwe ingamba zirimo gushyiraho amashami atandukanye arimo; Ishami rishinzwe ubugenzuzi bw’umurimo n’imyitwarire (Inspectorate of Services and Ethics) ndetse n’ishami rishinzwe disipulini y’abapolisi (Police Disciplinary Unit).

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Kicukiro: Ikamyo yagonze uruzitiro rw’ishuri

Ikamyo yakoze impanuka igonga igipangu cy’ishuri rya Kagarama mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, hangirika igipangu na ‘bordure’ z’umuhanda, ku bw’amahirwe ntiyagira uwo ihitana. Ikamyo yakoze impanuka igonga uruzitiro rw’ishuri rya Kagarama Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, SSP René Irere, yatangarije Kigali Today kuri uyu wa Gatatu tariki ya 8 Ugushyingo 2023 aribwo iyo kamyo ifite Pulake z’i Burundi yakoze impanuka, ikaba […]

todayNovember 8, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%