Inkuru Nyamukuru

Amb Nkulikiyimfura yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Monaco

todayNovember 8, 2023

Background
share close

Ambasaderi François Nkulikiyimfura, ku wa Kabiri tariki 07 Ugushyingo 2012, yashyikirije Igikomangoma Albert II wa Monaco, impapuro zimwemerera guhagararira inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu.

Ambasade y’u Rwanda mu Bufaransa yatangaje ko muri uyu muhango, aba bayobozi bombi bagiranye n’ibiganiro byibanze ku gushimangira ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Monaco ni igihugu cya kabiri mu butoya ku isi ndetse giherereye hagati y’umujyi wa Nice mu Bufaransa n’umupaka w’u Butaliyani, kikaba kiyoborwa n’igikomangoma

Ku buso burenga kilometero kare ebyiri, cya Monaco ni kimwe mu bihugu bikize kandi bifite n’urqego rw’imibereho ruhenze ku Isi. Ni hamwe mu hantu kandi hafatwa nk’ihuriro ry’umuco, ibintu bihenze by’agaciro, imikino ndetse n’ubucuruzi.

Ambasaderi Nkulikiyimfura asanzwe ahagarariye u Rwanda mu Bufaransa, muri Nyakanga 2022 nibwo yashyikirije Perezida Emmanuel Macron, impapuro zimwemerera guhagararira inyungu z’u Rwanda muri icyo gihugu.

Amb. François Nkulikiyimfura muri Mata uyu mwaka, mu nama y’Abaminisitiri yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, nibwo yagizwe Ambasaderi w’u Rwanda mu Bufaransa aho yari avuye guhagararira u Rwanda muri Qatar.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Israel yatangaje ko Ingabo zayo ziri rwagati mu mujyi wa Gaza

Minisitiri w'ingabo wa Israel Yoav Gallant yatangaje ko abasirikare ba Israel barimo gukorera rwagati mu mujyi wa Gaza, mu gihe igikorwa cya gisirikare cy'igihugu cye gikomeje cyo gusenya Hamas. Yavuze ko abasirikare bagenda n'amaguru barimo gufashwa n'imodoka z'intambara, ibifaru n'aba enjeniyeri (ingénieurs) ba gisirikare. Ku ruhande rwayo, Hamas yavuze ko irimo kwica abasirikare benshi ba Israel kandi ko yashenye imodoka za gisirikare za Israel. Kuva Israel yatangira ibikorwa bya gisirikare […]

todayNovember 8, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%