Ikamyo yakoze impanuka igonga igipangu cy’ishuri rya Kagarama mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, hangirika igipangu na ‘bordure’ z’umuhanda, ku bw’amahirwe ntiyagira uwo ihitana.
SSP Irere atanga ubutumwa ku bantu batwara ibinyabizigabwo kubahiriza ibyapa, bakaringaniza umuvuduko, by’umwihariko abatwara amakamyo ko bagomba kumenya uburemere bw’ibinyabiziga batwara, bakirinda umuvuduko ukabije kuko biri mu biteza impanuka mu muhanda.
Yibukije ko bagomba no kugenzura ubuzima bwabyo, ndetse no kwitwararika buri gihe cyane cyane igihe hari umuvundo w’ibinyabiziga mu muhanda.
Ikindi Umuvugizi wa Polisi asaba abatwara ibinyabiziga, ni ukwirinda telefone igihe batwaye, kubera ko bimaze kugaragara ko hari n’abakora impanuka bitewe no kurangarira kuri telefone.
Perezida Paul Kagame yavuze ko imyumvire y’uko ishoramari muri Afurika rigoye kurikora idakwiye kuko uyu umugabane ufite amahirwe mu ishoramari nk’aboneka ahandi ku Isi ndetse ukagira n’akarusho k’abaturage bari mu nzira y’iterambere. Ibi yabivugiye mu muhango wo gufungura ku mugaragaro Norrsken House Kigali, kuri uyu wa Gatatu tariki 08 Ugushyingo 2023. Ni umuhango wabereye mu Mujyi wa Kigali rwagati ahubatse iki kigo gikoreramo amakompanyi atandukanye akora ibijyanye n’ikoranabuhanga kikanabafasha kubahuza […]
Post comments (0)