Inkuru Nyamukuru

Ruhango: Abanyeshuri ba Heroes Integrated TSS batorotse bigira mu bindi bigo

todayNovember 30, 2023

Background
share close

Abanyeshuri 45 bigaga imyuga n’ubumenyingiro mu ishuri rya Heroes Integrated TSS, baraye batorotse ikigo bose bajya kwiga mu mashuri ya Mpanda TSS, na Sainte Trinité biri mu Karere ka Ruhango.

Heroes TSS ubu nta munyeshuri uyirangwamo

Uwashinze iryo shuri avuga ko byakozwe ku kagambane ko kumwambura ishuri no kumwicira ishoramari, kuko bitumvikana ukuntu abana bose babyukira rimwe basohoka ikigo ntawabagiriye iyo nama.

Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Ruhango ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Mukangenzi Alphonsine avuga ko abo bana ari bo bigiriye inama yo kuva muri icyo kigo kubera imikorere mibi yacyo.

Avuga ko abana bashatse uko bazava muri icyo kigo kandi banashaka uko bazimukira ahandi, ari nabyo bakoze kuko bimukiye ahari amashami basanzwe bigamo muri icyo kigo, akavuga ko nta kagambane karimo cyangwa kurenganya nyir’ikigo kuko n’ubundi ubuyobozi bw’Akarere bwari buziko hari imikorere mibi.

Ku kijyanye no kuba nyir’ikigo atarafungiwe mu buryo bweruye nko kumwandikira ibaruwa, Mukangenzi avuga ko bamuganirije kenshi bumusaba kugira ibyo ahindura ntabikore kandi ko na nyir’ikigo yemera ko iyo mikorere mibi yari ihari ikaba yabangamira ireme ry’uburezi.

Agira ati, “Twaraganiriye kenshi tumusaba kugira ibyo ahindura ntabwo twamufungiye ikigo, ariko turi kuganira nawe arabizi iby’iyo mikorere mibi irimo no kutigisha neza n’imyenda abereyemo abantu batandukanye, abana rero ni bakuru bashatse aho bajya kwiga kandi barakiriwe bariga nta kibazo”.

Nzayisenga Abdoul washinze icyo kigo avuga ko kuba amazemo imyaka ibiri cyari gifite ubushobozi bwo kwakira abanyeshuri basaga 800, ariko kikaba cyari gifite gusa 45, byatewe n’ubuyobozi bw’Akarere bwitambitse mu byemezo byo kumwoherereza abanyeshuri batangwa na REB.

Avuga ko mu bikorwa yakoze muri icyo kigo bigera ku gaciro gasaga miliyoni 60frw, akifuza ko niyamburwa ikigo Akarere kazamwishyura kuko yari agifitanye nako amasezerano.

Naho ku kijyanye n’imikorere mibi yavugwaga muri icyo kigo, asobanura ko nta bidasanzwe yaganiriye n’ubuyobozi, usibye ideni ry’ibihembwe bibiri by’ubukode abereyemo Akarere ringana na miliyoni ebyiri n’ibihumbi magana ane.

Avuga ko abarimu bo yari abagezemo asaga gato miliyoni zirindwi, kandi bari bamaze kuganira uko azabishyura kuko yari yamaze kubona sheki iri mu madorari ya Amerika yo kubishyura kuko amafaranga akoresha ayakura mu kazi akora muri Amerika.

Agira ati, “Ndifuza ko nk’umudiyasipora wifuje gushora imari mu Rwanda yari akwiriye gufashwa aho gutezwa igihombo, kandi ko niyamburwa ikigo yazahabwa impozamarira z’amafaranga yahombye”.

Nzayisenga avuga ko agiye gusigira ikirego cye abanyamategeko be, kuko we ari hafi yo gusubira muri Amerika, bagakurikirana ibyo yita akagambane ko gushaka kumwambura ishuri yari yashoyemo amafaranga, ashaka guteza imbere uburezi bw’u Rwanda.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Gushyiraho ifaranga koranabuhanga ni ngombwa kandi birakenewe- John Rwangombwa

Guverineri wa banki nkuru y’u Rwanda (BNR) John Rwangombwa, ubwo yamurikiraga Inteko Ishinga Amategeko imitwe yombi raporo y’imari ya BNR y’umwaka w’ingengo y’imari ushize, yatangaje ko umushinga wo gutangiza mu Rwanda amafaranga yo mu buryo bw’ikoranabuhanga ugeze kure. Ubwo yari abajijwe aho uyu mushinga ugeze Rwangombwa yagize ati: “Twarangije gukora inyigo ya mbere yo kureba niba ari ngomba ko dushyiraho amafaranga koranabuhanga. Inyigo yagaragaje ko ari ngombwa bishobora gukorwa kandi […]

todayNovember 30, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%