Akomeza avuga ko iyo bombi ibyo byose babishyizeho umukono riba ribaye itegeko rihuje buri wese, bivuze ko utubahirije ayo masezerano aba atubahirije inshingano ze.
Nabahire asanga hari n’ibindi bikwiye kujya byongerwa muri aya masezerano kugira ngo bifashe impande zombi. Ati: “Ubu tubwira n’abantu ngo mwongeremo indi ngingo ivuga ngo ibyo tutazumvikanaho bizajya imbere y’urukiko cyangwa se imbere y’umuhuza mu mpaka cyangwa imbere y’umukemurampaka. Ibyo bintu byanditswe aho biba ari itegeko rimureba, urinyuzeho rero ubundi nta yandi mahirwe aba agomba guhabwa”.
Avuga ko n’iyo abayobozi barimo na ba Mudugudu iyo basabye ko waba umwihanganiye, inzego ziba zigomba kubwira uyirimo kubahiriza ibyo yasinyiye.
Ku bijyanye n’icyo abapangayi, bashobora gufashwa mu gihe badafite ubushobozi bwo kugira ngo bave mu nzu z’abandi, Nabahire, avuga ko inzego z’ibanze za Leta, iyo ngengo y’imari yo gutabara abantu banze kwishyura amazu babagamo ntayiteganywa kuko hari abajya bangiza iby’abandi bitwaje ko bazarihirwa na Leta.
Yakomeje agira ati: “Mu mategeko amasezerano ari hagati y’umuntu n’undi ntabwo agomba kubamo ikintu gisa n’uburiganya bwo kuvuga ngo ngiye kumugira(kujya) mu nzu, nzitwaza ko mfite abana ntabwo azansohora mu nzu. Ntabwo abana muba mubafatanyije”.
Nabahire akomeza avuga ko atari byiza kwangiriza undi kuko na we aba afite abana ishuri rigiye kwirukana, cyangwa na we agiye kurara ashonje n’abana kandi ibye birimo undi utuzuza inshingano yari yarihaye.
Atanga ubutumwa avuga ko icya mbere ari ukubahiriza itegeko, hakubahirizwa ibigize amasezerano y’ukodesha n’ukodeshwa bagiranye, igihe baba barahisemo kuyasinyira imbere ya noteri cyangwa imbere y’ubuyobozi runaka bihitiyemo.
Avuga ko mu gihe habaye impamvu zikomeye zirimo n’ubushobozi bukeya, bakwiye kubijyaho inama bakoroshya ibiganiro, bakumvikana icyo gukora hatabayeho gufatana mu mashati.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Nyanza, yafashe umusore w’imyaka 18, wari ufite ibizingo bine by’insinga z’amashanyarazi zitujuje ubuziranenge yacuruzaga mu buryo bwa magendu. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyepfo, Superintendent of Police (SP) Emmanuel Habiyaremye, yavuze ko izi nsinga z’amashanyarazi zafatiwe mu mudugudu wa Nyanza, akagari ka Nyanza mu murenge wa Busasamana, ahagana saa Kumi n’imwe z’umugoroba wo ku Cyumweru tariki 28 Mutarama, biturutse ku makuru […]
Post comments (0)