Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango FPR-Inkotanyi, Wellars Gasamagera, tariki 29 Mutarama 2024 yagiriye uruzinduko rw’akazi mu Bushinwa, ku butumire bw’ishyaka riri ku butegetsi muri icyo gihugu, rya Communist Party of China (CPC).
Hon. Gasamagera Wellars yakiriwe mu Bushinwa
Umuryango RPF-Inkotanyi ubinyujije ku rubuga rwa X, batangaje ko uruzinduko rw’Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango, yagiriye mu Bushinwa rugamije gutsura umubano hagati y’amashyaka yombi.
Muri uru ruzinduko rwe, Hon Gasamagera yagiranye ibiganiro n’abayobozi bakuru mu Ishyaka CPC, asura ishuri ry’iri shyaka n’ibigo birimo Huawei Technologies, Alibaba ndetse n’indi mishinga y’iterambere ritangiza ibidukikije.
Mu mwaka wa 2018, u Rwanda n’u Bushinwa byasinyanye amasezerano 15 y’ubufatanye, nyuma y’uruzinduko rwa Prezida w’icyo gihugu, Xi Jinping yagiriye mu Rwanda.
Abayobozi ku mpande zombi bagiranye ibiganiro
Ayo masezerano ari mu rwego rw’ubucuruzi, ishoramari, ingendo zo mu kirere, urwego rw’ubuzima n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Ku ruhande rw’u Rwanda, hari abacuruzi boherezayo ikawa n’icyayi, hari aboherezayo ibikomoka ku matungo nk’impu ndetse n’amabuye y’agaciro, ariko bakanatumizayo ibicuruzwa bitandukanye.
Post comments (0)