Perezida Luiz Inacio Lula da Silva wa Brazil yamaganye intambara hagati ya Israheli na Hamas mu ntara ya Gaza mu cyo yise ko ari igihano rusange ku batuye iyo ntara.
Perezida Lula yabivuze ubwo yari amaze guhura na mugenzi we wa Misiri, Abdel Fattah al-Sisi ku murwa mukuru wa Cairo.
Lula yagejeje ijambo ku nama ihuje ibihugu bigize umuryango w’Abarabu, baganira kuri Palestina, imaze amezi agera kuri ane yibasiwe n’intambara.
Mu ijambo rye Perezida Lula yasabye ko iyi ntambara itesha agaciro ikiremwamuntu, ikwiye guhita ihagarara. Yagaragaje ko ikirimo gukorwa ari uguhana abantu bose nta numwe usigaye.
Aya masezerano ibi bihugu bivuga ko yinjiye mu mateka yasinyiwe mu ruzinduko Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelenskyy, kuri uyu wa gatanu yagiriy mu Budage n’u Bufaransa. Muri Nyakanga umwaka ushize, ku ruhande rw’inama y’abakuru b’ibihugu bihuriye muri NATO yabereye mu murwa mukuru wa Lituania, Vilnius, ibihugu birindwi bya mbere bikize kw’isi G7 byasinye itangazo rivuga ko byiyemeje ko buri kimwe kimwe kizagirana amasezerano yihariye na Ukraine. Nyuma yaho, ibindi bihugu […]
Post comments (0)