Inkuru Nyamukuru

Perezida Ramaphoza yemeje ko amatora rusange azaba muri Gicurasi

todayFebruary 21, 2024

Background
share close

Perezida Cyril Ramaphosa w’Afurika y’Epfo yatangaje ko amatora y’abadepite muri icyo gihugu azaba tariki ya 29 Gicurasi uyu mwaka.

Muri Afurka y’Epfo, ishyaka rigize imyanya myinshi mu nteko ni ryo rishyiraho umukuru w’igihugu. Kuri ubu ibipimo biragaragaza ko amatora aramutse abaye ubu, ishyaka rya ANC riri ku butegetsi ryabona amajwi ari hasi ya 50%. Ni ku nshuro ya mbere byaba bibaye mu myaka hafi 30 ishize, Afurika y’Epfo ibaye igihugu kigendera kuri demokarasi.

Ishyaka ANC riramutse ritabonye ubwiganze mu nteko byarisaba kwifatanya n’andi mashyaka mato mu gushyiraho guverinoma.

Kuba ari ishyaka rikomeje gutakaza icyizere mu Banyafurika y’Epfo, benshi babishyira ku kwiyongera k’urugomo, ibyaha, ubukungu butifashe neza, ikibazo cy’ibura ry’amashanyarazi n’ubushomeri mu rubyiruko.

Biteganijwe ko kuwa gatandatu, Prezida Ramaphosa azatangaza ku mugaragaro imigabo n’imigambi afitiye igihugu mu mujyi wa Durban, uherereye mu ntara ya KwaZulu-Natal.

Perezida Ramaphosa yahamagariye Abanyafurika y’Epfo gukoresha uburenganzira bahabwa n’itegeko bwo gutora ndetse asaba abaziyamamaza kubikora mu mahoro, bubahiriza amategeko y’igihugu.

Ishyaka Democratic Allies rihanganye na ANC muri iki gihe, rimaze iminsi ryiyegereza amashyaka mato mato ahuriwemo n’Abanyafurika y’Epfo bose kugirango ryikureho gukomeza kwitwa ko ari ishyaka rihagarariye abazungu gusa, nk’uko VoA ibitangaza.

Andi mashyaka azaba ahanganye na ANC harimo EFF rya Julius Malema n’irindi huriro ririmo Jacob Zuma wigeze kuyobora Afurika y’Epfo.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Ibihugu bigize itsinda rya G7 birateganya ibihano bishya ku Burusiya

Abayobozi b'Ibihugu bikize cyane ku isi bihuriye mu itsinda rya G7 barateganya gufatira u Burusiya ibindi bihano mu nama izaba tariki 24 Gasjyantare, yanatumiwemo Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky, ikazaba hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga. Mu itangano ryashyizwe hanze, u Butaliyani, buyoboye iri tsinda butangaza ko ibihugu bigize umuryango w’u Burayi bizatangaza ibihano bishya ku Burusiya, ndetse Amerika nayo ikazarushaho gukaza ibihano yafatiye icyo gihugu. Umudiplomate w’u Butaliyani yavuze ko ibi byemezo […]

todayFebruary 21, 2024

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%