Inkuru Nyamukuru

Abaturutse mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Nigeria bari mu rugendoshuri mu Rwanda

todayFebruary 22, 2024

Background
share close

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, RDF, Gen Mubarakh Muganga, yakiriye intumwa zigizwe n’abarimu n’abanyeshuri 20 baturutse mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Nigeria, bari mu rugendoshuri.

Izi ntumwa ziyobowe na Rear Admiral OM Olotu, Umuyobozi w’iri shuri rikuru, kuri uyu wa Gatatu nibwo basuye icyicaro gikuru cy’Ingabo z’u Rwanda, mu rugendoshuri batangiye ku ya 20 rukazageza ku ya 24 Gashyantare 2024.

Ku cyicaro gikuru cya RDF, aba banyeshuri n’abarimu babo bahaherewe ikiganiro n’Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Brig Gen Ronald Rwivanga, cyibanze ku rugendo rw’impinduka rwa RDF.

Rear Admiral OM Olotu, yavuze ko bijyanye n’ubufatanye hagati y’ibisirikare byombi, hari abanyeshuri b’abofisiye bakuru mu Rwanda biga mu ishuri rikuru rya gisirikare muri Nigeria, ndetse ko biteguye gutanga umusanzu igihe u Rwanda ruzifuza gutangiza ishuri nk’iryo ayoboye.

Yagize ati “Guverinoma y’u Rwanda yifuza kandi gushinga ishuri nk’iryo, igihe nikigera RDF ntizashidikanye kwiyambaza Nigeria mu rwego rw’ubufasha, guhanahana abakozi ndetse n’abarimu.”

Yagaragaje kandi ko insanganyamatsiko y’ubushakashatsi bw’uyu mwaka, ku banyeshuri biga muri iri shuri rikuru rya gisirikare muri Nigeria ishingiye ku “gushimangira ubumwe n’umutekano by’igihugu”, kandi ko u Rwanda ari urugero rwiza n’icyitegererezo mu bijyanye no kwiga kuri sosiyete yashyize imbere ubumwe.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, izo ntumwa zasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ku Gisozi, bunamira inzirakarengane ziharuhukiye. Basuye kandi Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Impunzi 95 z’Abarundi zatashye iwabo

Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2024, nibwo icyiciro cya 85 cy’impunzi z’Abarundi kigizwe n’abantu 95, cyambutse umupaka wa Nemba bakaba batashye iwabo ku bushake. Bavuga ko kuba barambwiwe ko iwabo ari amahoro, ari byo byatumye basaba gusubirayo Ni impunzi zari zarahunze muri 2015 na nyuma yaho, ubwo mu gihugu cyabo hageragezwaga guhirika ubutegetsi bw’uwahoze ari Umukuru w’igihugu Petero Nkurunziza, nyuma bigakurikirwa n’imvururu zatumye ibihumbi by’Abarundi […]

todayFebruary 21, 2024

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%