Inkuru Nyamukuru

Sudani y’Epfo: Ingabo z’u Rwanda zakoze Umuganda zitera n’ibiti by’imbuto

todayOctober 14, 2024

Background
share close

Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) ziri mu butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye, UNMISS, muri Sudani y’Epfo, zazindukiye mu muganda ku Ishuri Ribanza rya Kapuri.

Ni Umuganda witabiriwe n’abagize itsinda ry’Ingabo Rwanbatt-1, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, tariki 14 Ukwakira 2024.

Muri uwo muganda waranzwe n’ibikorwa bitandukanye bigamije guteza imbere imibereho myiza y’abanyeshuri bahiga, abarimu bahigisha ndetse n’abahagenda, izo ngabo zahateye ibiti bitandukanye.

Ibyo biti byatewe ni iby’imbuto ziganjemo imyembe no gukora isuku mu kigo. Ni umuganda kandi witabiriwe n’Umutwe w’Ingabo zirwanira mu kirere, wa RAU (Rwanda Aviation Unit).

Ishuri ribanza rya Kapuri ryubatswe n’Ingabo z’u Rwanda (Rwanbatt-1) zari mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo, mu mwaka 2014, rimurikwa ku mugaragaro muri 2015.

Ishuri ribanza rya Kapuri, ubu ryigamo abanyeshuri bagera kuri 500 bo mu mashuri y’incuke n’abanza.

Iryo shuri riherereye ku birometero 16 mu Burengerazuba bw’icyicaro cy’ikigo cya Tomping cya UNMISS, mu Karere ka Luri, Intara ya Jubek muri Sudani y’Epfo.

Mu bihe bitandukanye, kuva iri shuri ryashingwa n’Ingabo z’u Rwanda, hakozwe ibikorwa bitandukanye birimo kuhakorera Umuganda, zatanze imipira y’umukino wa Volleyball, zatanze ubuvuzi bw’ibanze, ibikoresho by’ishuri, gutera ibiti by’imbuto n’ibindi.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Menya impamvu hari abita Umujyi wa Butare ‘Vatican’

Hari abantu bamwe na bamwe usanga bajya kuvuga Umujyi wa Butare bakavuga ko ari i Vatican, impamvu ikaba ngo ari ukubera ko hari imiryango myinshi y’Abihayimana ugereranyije no mu tundi duce two mu Rwanda. Umunyamabanga w’Umwepiskopi wa Diyosezi Gatolika ya Butare, yemeza ko koko muri Butare ari ho hari imiryango (congregations) y’abihayimana myinshi ugereranyije n’ahandi mu Rwanda kuko habarirwa imiryango (congregations) 65, abayigize babarirwa muri 780 bakaba baba mu ngo […]

todayOctober 14, 2024

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%