Inkuru Nyamukuru

Dore ibipimo bifatwa mu kureba ubuziranenge bwa kasike za moto

todayOctober 21, 2024

Background
share close

Urwego rutsura ubuziranenge, Rwanda Standards Board (RSB) rwamaze kubaka Labaratwari ipima ubuziranenge bw’ingofero z’abagenda kuri moto (Kasike), ndetse abakozi barwo bakaba bamaze igihe bitoza gukora uwo murimo nyuma yo kubona ko mu ngofero abamotari bafite, inyinshi zitarinda abantu gukomereka umutwe.

Amabwiriza y’Ubuziranenge bwa kasike yashyizweho na RSB ifatanyije n’inzego zirimo Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA), Umuryango urwanya impanuka zibera mu muhanda (HPR) hamwe na ’Féderation International de l’Automobile (FIA) Foundation’, ateganya ibipimo bigera ku 10 bishingirwaho mu kwemerera kasike ya moto ikwiye gukoreshwa mu Rwanda.

Dore bimwe muri ibyo bipimo

Icya mbere kizitabwaho ni ukureba niba kasike ifite ikirango cyemewe ku rwego mpuzamahanga nka DOT cyo muri Amerika, ECE cy’i Burayi, Snell cy’Umuryango wigenga witwa Memorial, SHARP cy’u Bwongereza, AS/NZS 1698 cya Australia na New Zealand cyangwa icyitwa JIS gitangwa n’Abayapani.

Ibindi birebwa hakoreshejwe imashini zashyizwe muri Labaratwari ya RSB, ni uguhonda kasike ku bintu bitandukanye, kugira ngo barebe ko izashobora kurinda umutwe w’umuntu uguye ahantu aho ari ho hose.

Umuyobozi w’Ishami rishyiraho amabwiriza y’Ubuziranenge muri RSB, Emmanuel Gatera, agira ati “Hari imashini ireba ‘impact’, barapima bakareba igihe aguye mu muhanda hagati aharambaraye, cyangwa ku kintu gishobora kuba gishinze nk’ibuye, bikaba ari ibipimo dufata ariko tugendeye ku ibwirizwa ry’ubuziranenge ryatangajwe.”

Mu bindi bipimo bifatwa hari uburyo kasike ishobora kuba yajabuka mu mutwe w’umuntu mu gihe moto isimbutse ahantu, ndetse n’uburyo ikandika (Compression) mu gihe hari ikintu kiremereye kiryamiye umutwe w’umuntu wakoze impanuka, hakaba hari umurongo ntarengwa ubuza kwegera umutwe kugira ngo udatsikamirwa.

Hari n’ibipimo bifatwa mu kureba imiterere y’ibirahure bya kasike n’uburyo bifasha uyambaye kureba neza

Bareba kandi ubukomere bw’umukandara unyuzwa munsi y’akananwa, kugira ngo mu gihe umuntu yawufunze neza hatabaho kumuniga cyangwa gucika, bikaba byatuma kasike imuvamo.

Hari n’imashini ireba niba kasike izashobora kurinda umugenzi wo kuri moto mu miterere y’ikirere itandukanye, aho bamwe bagera ahantu hashyushye cyangwa hakonje, kasike ikaba itamuteza ibibazo.

Bareba kandi imiterere y’ibirahure bya kasike n’uburyo bifasha uyambaye kureba neza imbere no mu mpande, n’uburyo imufasha guhumeka neza (itamuniga).

Kasike ya moto igomba kandi kuba itaremerera umugenzi ariko bwa bworohe butamuteza ibindi bibazo, ikamworohereza kubona umwuka uhagije ariko imurinda umuyaga, ikanamurinda imirasire y’izuba n’urusaku.

Gatera avuga ko hazajya hanarebwa niba kasike zifite ingano itandukanye ziba zujuje bya bipimo ku muntu wese wayambara, hanyuma akaba ari bwo hazabaho gutanga ibirango by’ubuziranenge.

Umuyobozi wa HPR (Healthy People Rwanda), Dr Innocent Nzeyimana, uri mu bafashije kubona imashini zipima ubuziranenge bwa kasike, arateganya gusaba inzego ko kasike zinjiye mu Gihugu zidapimwe zigomba kunyuzwa muri iyo Labaratwari, kandi kuri za gasutamo hagakumirwa ko izitujuje ubuziranenge zikomeza kuza.

Dr Nzeyimana yizeza ko azaba mu baharanira ko kasike zikorerwa mu Rwanda, mu rwego rwo kugabanya ikiguzi kizazamurwa no gupimisha ubuziranenge bw’izitumizwa hanze.

Dr Nzeyimana avuga ko mu bantu bicwa n’impanuka zibera mu muhanda, 21% baba ari abagenda kuri moto, kandi abenshi ngo bazira kuba bakomeretse umutwe n’ubwo baba bambaye kasike.

Umunyamabanga Uhororaho muri Minisiteri y’Ibikorwa Remezo, Fidèle Abimana, avuga ko ubufatanye bw’inzego zitandukanye buzanoza gahunda y’imikoreshereze ya kasike zujuje ubuziranenge, bitarenze uyu mwaka wa 2024.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Uhawe imbabazi za Perezida agafungurwa mbere yo kurangiza ibihano yakatiwe bigenda bite?

Iteka rya Perezida Nº 075/01 ryo ku wa 18/10/2024, ritanga imbabazi risobanura ibyo uwahawe imbabazi aba agomba kubahiriza. Uwahawe imbabazi uvugwa mu ngingo ya mbere y’iri teka agomba kwiyereka Umushinjacyaha wo ku rwego rw’ibanze rw’aho aba, aho Ubushinjacyaha bukorera, no kumumenyesha Umudugudu, Akagari, Umurenge n’Akarere by’aho aba, mu gihe cy’iminsi 15 kuva iri teka ritangajwe mu Igazeti ya Leta ya Repubulika y’u Rwanda. Uwahawe imbabazi aba agomba kwitaba Umushinjacyaha ku […]

todayOctober 21, 2024

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%