Inkuru Nyamukuru

Kigali : Ibiza byahitanye babiri abandi barakomereka

todayOctober 24, 2024

Background
share close

Imvura yaguye mu rukerera rwo ku itariki 24 Ukwakira 2024 mu Mudugudu wa Nyakanunga, Akagari ka Nyamabuye, Umurenge wa Gatsata mu Karere ka Gasabo umukingo wagwiriye inzu abantu bane barimo n’umuturanyi umwe barakomereka bikomeye.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire yatangarije Kigali Today ko Uwo mukingo ukimara kugwira abantu hakozwe ubutabazi bwihuse bajyanwa kwa muganga ngo bitabweho bagezeyo abana babiri bo muri uwo muryango bahita bapfa abandi bakomeretse n’umuturanyi wabo bakaba bakitabwaho n’abaganga mu Bitaro bya Muhima.

Mu bahise bapfa bakigera kwa muganga ni umwana w’imyaka imyaka 4 n’undi w’imyaka 3.

Imvura yaguye nanone mu karere ka Gasabo mu murenge wa Bumbogo mu Mu Mudugudu wa Gikumba, Akagari ka Nyabikenke mu ijoro ryo ku itariki ya 23 Ukwakira 2024 inkuba yishe abana batatu bavukana.

CIP Gahonzire avuga ko abo bana babiri bahise bapfa, undi yaje kwitaba Imana bamugejeje kwa muganga.

Ati “ Umubyeyi waba bana nawe yajyanywe kwa muganga kubera ihungabana ryo kubabura”.

Impamvu uyu mubyeyi yahungabanye nuko inkuba yakubise abo bana ubwo yari agiye ku muhanda abasize mu nzu agaruka asanga ibyo byago bimubayeho bimunanira kubyakira.

Umuvugizi wa Polisi mu mujyi wa Kigali yihanganishije imiryango yabuze ababo abarembye abifuriza gukira vuba anasaba ko muri ibi bihe by’imvura ababyeyi bakwiye kuba hafi y’abana cyane bakiri bato kugira ngo igihe bahuye n’impanuka batabarirwe ku gihe.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Nyamagabe: Umwarimukazi arifuza gufashwa kugeza icyumba cy’umukobwa mu Midugudu

Umwarimukazi wo mu Karere ka Nyamagabe arasaba ubuyobozi bw’Inama y’Igihugu y’abagore n’izindi nzego, kumufasha kugeza gahunda yise icyumba cy’umukobwa mu Midugudu itandukanye, mu rwego rwo kubonera abakobwa ibikoresho by’isuku. Nyiramahirwe avuga ko amaze kwigisha abakobwa basaga 60 uko bakwikorera kotegisi, ariko asanga bikwiye kurenga Umudugudu atuyemo bigafasha n’abandi Uwo mwarimukazi witwa Nyiramahirwe Domina uherutse no kugeza igitekerezo cye mu nteko rusange y’Inama y’Igihugu y’abagore mu Ntara y’Amajyepfo, atangaza ko icyo […]

todayOctober 24, 2024

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%