Kuva muri Mata uyu mwaka hatangira ibikorwa bihuriweho, byo kurwanya ibyihebe mu ntara ya Cabo Delgado muri Mozambique, hamaze gutabarwa abaturage barenga 600 bari barafashwe nk’imbohe, bakuwe mu ishyamba rya Catupa, mu majyaruguru y’akarere ka Macomia.
Imitwe y’iterabwoba ya Leta ya Kisilamu muri Mozambique (IS-MOZ), nyuma yo kugabwaho ibitero simusiga n’Ingabo zihuriweho, yahungiye mu gace ka Nkoe na Nguida mu karere ka Macomia, ariko Ingabo z’u Rwanda zifatanyije n’iza Mozambique ndetse n’iza SADC ziracyakomeje kubakurikirana aho bajya hose.
Kuva muri Nyakanga 2021, nibwo Ingabo z’u Rwanda zagiye muri Mozambique by’umwihariko mu ntara ya Cabo Delgado, mu gutanga ubufasha kurwanya imitwe y’iterabwoba ya Leta ya Kisilamu yari yarigaruriye igice kinini cy’iyo ntara.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buratangaza ko abazunguzayi hafi 4,000 bagiye guhabwa aho bakorera kandi hujuje ibisabwa, mu rwego rwo kubafasha kuva mu muhanda kugira ngo bagire uburyo bacuruzamo busobanutse. Rubingisa avuga ko abazunguzayi bahabwa umwanya bakitoranyiriza aho bumva bakorera Gahunda yo gukura abazunguzayi mu muhanda bagashakirwa aho bakorera ntabwo ari nshya mu Mujyi wa Kigali, kuko yatangiye mu mwaka wa 2016, ubwo habarurwaga abagera ku 12.197 mu turere twose uko […]
Post comments (0)