Inkuru Nyamukuru

Rayon Sports itsinze Rutsiro FC ku munota wa nyuma

todayAugust 20, 2022 113 2

Background
share close

Ikipe ya Rayon Sports kuri uyu wa Gatandatu, niyo yasoje umunsi wa mbere wa shampiyona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda 2022-2023, yakira Rutsiro FC kuri stade ya Kigali inayihatsindira ibitego 2-1.

Uyu mukino Rayon Sports yawutangiye ihanahana neza kuva inyuma kugera imbere, cyane cyane ku ruhande rw’iburyo rwari ruriho Mucyo Didier ndetse na Tuyisenge Arsene, gusa umunyezamu Dukuzeyezu Pascal na ba myugariro be bakomeza kwihagararaho.

Ikipe ya Rutsiro FC nayo ariko n’ubwo nta buryo bwinshi yabonye imbere y’izamu, mu kibuga hagati yagerageje guhererekanya neza ku bakinnyi nka Nkubito Hamza, Jules Shukuru Watanga, Nizeyimana Jean Claude na Mumbere Malikidogo.

Ikipe ya Rayon Sports yabonye amahirwe y’igitego ku munota wa 20 w’umukino, aho Essomba Willy Leandre Onana ku mupira yari acomekewe, yashatse kuroba umunyezamu Dukuzeyezu Pascal ariko umupira ufata igiti cy’izamu, abasore ba Rutsiro FC barawurenza uvamo koruneri yatewe na Boubacar Traore, rutahizamu mushya wa Rayon Sports ashyizeho umutwe ujya hanze.

Uruhande rw’iburyo rwa Rayon Sports rwari rurimo guturukaho imipira myinshi ku basore nka Mucyo Didier warukinagaho inyuma ndetse na Tuyisenge Arsene imbere, byatanze umusaruro ku munota wa 28 ku mupira watewe na Tuyisenge Arsene witwaye neza, maze ugera kuri Mbirizi Eric wari mu rubuga rw’amahina acenga abakinnyi ba Rutsiro FC, atera ishoti mu izamu ryavuyemo igitego cya mbere cya Rayon Sports, ari nacyo amakipe yagiye kuruhuka kibonetse.

Mucyo Didier washyizemo igitego cy’intsinzi

Uyu mukino usize mu mikino irindwi imaze guhuza Rayon Sports na Rutsiro FC, amakipe yombi amaze kunganyamo imikino 3, Rayon Sports itsinda 3 mu gihe Rutsiro FC yatsinze umukino umwe.

Tuyisenge Arsene yitwaye neza muri uyu mukino

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Leta yashyize ibitaro 9 mu byigishirizwamo abiga ubuvuzi

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yashyize ibitaro icyenda ku rwego rwo kwigishirizamo abiga ubuvuzi mu Rwanda, mu kongera inzobere z’abaganga. Ibitaro bya Butaro mu byazamuwe Ibyo bitaro ni ibya Ruhengeri, Kibungo, Rwamagana, Kabgayi, Butaro, Kibogora, Kibagabaga, Nyamata, ndetse n’ibya Byumba. Ibitaro bishya bizigishirizwamo bije bisanga ibindi bitanu birimo ibitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), ibitaro bya gisirikare by’u Rwanda, ibitaro bya kaminuza bya Butare (CHUB), ibitaro byitiriwe Umwami Faisal n’ibya Ndera. Imbaraga […]

todayAugust 20, 2022 116

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%