Ku wa gatanu, tariki ya 30 Nzeri, u Rwanda rwohereje muri Ghana ibicuruzwa bya mbere binyuze mu masezerano y’isoko rusange rya Afurika (AfCFTA).
Moussa Faki, Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, yishimira itangizwa ry’isoko rusange rya Afurika, umuhango wabereye i Kigali taliki 21 Werurwe 2018.
Ibicuruzwa byoherejwe bwa mbere ni ikawa yo muri Igire Coffee Limited yajyanywe i Accra na sosiyete y’ubwikorezi bwo mu kirere ya RwandAir, ibyo bikaba bitangiye ku mugaragaro nk’inyungu z’ubucuruzi zishingiye ku masezerano ya AfCFTA.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na minisiteri y’ubucuruzi n’inganda ryerekana ko “Icyemezo cya mbere cy’isoko rusange cyahawe Igire Coffee kuri kawa yerekeje muri Ghana mu rwego rwo gutangiza ubucuruzi bw’isoko rusange, AfCFTA.”
Ikomeza ivuga ko iyi ariyo ntangiriro yo kongera ubucuruzi muri Afurika.
U Rwanda rwatoranijwe mu bihugu birindwi bigomba gutangira igerageza ry’ubucuruzi mu isoko rusange rya africa (AfCFTA).
Ikawa yoherejwe binyuze muri aya masezerano itunganywa n’uruganda ruyobowe na Briggette Harrington, washimangiye ko isoko rusange rya Afurika, AfCFTA, rigiye kugirira akamaro u Rwanda nyuma yo kwemezwa ngo rifashe ibihugu bya Afurika gukorana bucuruzi.
Ati: “Ntabwo dukwiriye gukomeza kwishingikiriza ku bihugu by’iburengerazuba bikomeza gutwara ibikoresho fatizo bya Afurika n’umutungo kamere biva ku mugabane ukennye. Tugomba kubihindira.”
Harrington, aganira na The New Times, yavuze ko ubwo yashinga uruganda rutunganya kawa, yayikusanyaga muri koperative z’abagore, maze akayitunganya akayohereza muri Gana. Ndetse ayo mafaranga akagaruka muri ba bahinzi mu rwego rwo kubafasha kwiteza imbere.
Harrington yakomeje agira ati: “Amasosiyete yo mu Burengerazuba yazaga hano, akagura ikiro cya kawa, reka tuvuge ku madorali atanu (5$). Bakayifata, bakayitunganya, bakayipakira bakongera bakatugarurira, bakayitugurisha ku madorari 45 y’Anyamerika, abagore bayihinze, bayigosoye, bakayoza bakanayanika, nyuma y’iyo mirimo myinshi bagakuramo amafaranga make. Ibi nibyo tugomba guhindura ”.
Polisi y’u Rwanda ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano mu karere ka Bugesera yafatiye moto yibwe yo mu bwoko bwa TVS RF 436 H mu rugo rw’uwitwa Frederick Rusanganwa ufite imyaka 38 y’amavuko, mu mudugudu wa Gakoni, akagari ka Kamabuye, mu murenge wa Shyara. Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana, yavuze ko gufatwa kw’iyi moto, kwaturutse ku makuru yatanzwe na nyiri moto nyuma yo kuyibura aho […]
Post comments (0)