Inkuru Nyamukuru

Bull Dogg yasusurukije abitabirye igitaramo yakoreye i Dubai

todayOctober 31, 2022 81

Background
share close

Umuraperi Ndayishimiye Malik Bertrand uzwi ku izina rya Bull Dogg yagaragarijwe urukundo rukomeye n’abakunzi b’umuziki batuye i Dubai mu gitaramo ‘East African Show’.

Bull Dogg yataramiye Abanyarwanda n’Abarundi batuye i Dubai

Iki gitaramo cyabereye muri Lotus Grand Hotel, cyabaye ku wa 29 Ukwakira 2022, Uretse Bull Dogg cyaririmbyemo kandi n’umuhanzi Lollilo ukomoka mu Burundi.

Iki gitaramo cyitabiriwe n’Abanyarwanda n’Abarundi batuye cyangwa bakorera i Dubai. Aba bishimiye kuririmbirwa n’abahanzi bo mu bihugu byabo batari baherutse kubona.

Bull Dogg yifatanyije na Lollilo mu gitaramo

Umuraperi Green P usanzwe ubarizwa i Dubai, ni umwe mu bagombaga kugaragara muri icyo gitaramo ariko ntiyahageze gusa bivugwa ko azagaragara mu kindi gitaramo kizaba tariki 5 Ugushyingo 2022, akazafatanya na Bull Dogg gutaramira abakunzi b’umuziki.

Bishimiye gutaramirwa n’abahanzi bakomoka mu bihugu bimwe

Bull Dogg na Green P, uretse kuba bombi ari abaraperi bakomeye ndetse banagize uruhare runini mu gushyira itafari ku njyana ya Hip Hop mu Rwanda, banabanye mu Itsinda rya Taff Gang ryari rimwe mu matsinda akomeye cyane, kandi bamwe mu bari barigize bakaba baragize uruhare rukomeye cyane mu iterambere ry’umuziki Nyarwanda.

Bull Dogg abaye undi muraperi utaramiye i Dubai nyuma ya Riderman na Bushali na bo baherutse gutaramira yo.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Abanyarwanda bajya muri RDC basabwe gushishoza

Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukurarinda, yasabye Abanyarwanda basanzwe bagira ibyo bakorera muri Congo, gushishoza n’ubwo nta byacitse bihari. Mukurarinda yavuze ko kugeza ubu umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) utifashe neza, ariko nta gikuba cyacitse gusa Abanyarwanda bakorerayo ingendo cyangwa abanyeshuri bajya kwigayo bagomba kwigengesera. Umubano w’ibihugu byombi ukomeje kumera nabi dore ko Inama nkuru y’umutekano ya RDC yo ku wa Gatandatu tariki […]

todayOctober 31, 2022 48

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%