Inkuru Nyamukuru

Umuhanzi Lil G yimukiye ku mugabane w’i Burayi

todayNovember 20, 2022 1613

Background
share close

Umuhanzi wo mu njyana ya Hip hop KARANGWA Lionel uzwi mu muziki w’u Rwanda nka Lil G, yimukiye ku mugabane w’i Burayi aho agiye gutura no gukomereza ubuzima.

Uyu musore w’imyaka 28, yahagurutse i Kigali ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 18 Ugushyingo 2022.

Lil G yatangiye muzika mu mwaka wa 2006, ariko aza kumenyekana muri 2007 ubwo Radio Contact FM yateguraga amarushanwa yari yise “Freestyle competition” ayabamo uwa mbere.

Lil G wamenyekanye mu ndirimbo zirimo Nyegera nseke, It’s ok, Akagendo, Nimba umugabo n’izindi, bivugwako yabonye akazi mu gihugu cya Polonye, nubwo atashatse kugatangaza.

N’umwe mu baraperi bamaze igihe mu ruganda rw’imyidagaduro mu Rwanda, n’ubwo hari hashize igihe kinini nta bihangano bishya ashyira hanze. Yatangaje ko akazi yabonye katazatuma areka umuziki.

Lil G agiye gutura i Burayi

Uyu musore yitabiriye ibihembo byategurwaga mu Rwanda bya Salax Awards inshuro enye abasha kubyegukana inshuro ebyiri.

Lil G yagiye aririmba ku rubyiniro yahuriyeho n’abahanzi b’ibyamamare nka Navio na Good Life (Radio and Weasel) bo mu gihugu cya Uganda.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Karim Benzema ntazakina Igikombe cy’Isi

Rutahizamu w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, Karim Benzema, ntabwo azakina Igikombe cy’Isi 2022 gitangira kuri iki Cyumweru muri Qatar. Karim Benzema ni umwe mu bakinnyi bari bahagaze neza muri iyi minsi Ibi ikipe y’igihugu y’u Bufaransa yabyemeje mu ijoro ryakeye, ivuga ko kubera imvune uyu mugabo w’imyaka 34 atazagaragara muri iri rushanwa riruta ayandi mu mupira w’amaguru ku isi. Umutoza w’ikipe y’u Bufaransa, Didier Deschamps, yavuze ko ababajwe n’iyi nkuru ariko […]

todayNovember 20, 2022 73

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%