Inkuru Nyamukuru

Abajyanama mu bya gisirikare muri za Ambasade bigenzuriye aharasiwe umusirikare wa RDC

todayNovember 22, 2022 286 1

Background
share close

Abajyanama mu bya gisirikare bo muri ambasade z’ibihugu byabo mu Rwanda, Defences Attachés (DA) bagiye kwirebera uko ibintu byagenze umusirikare wa DRC akarasirwa mu karere ka Rubavu ku mupaka uhuza iki gihugu n’u Rwanda, ‘Petite Barrière’.

Uyu musirikare yarashwe ubwo yambukaga w’u Rwanda mu buryo butemewe n’amategeko maze arasa ku ngabo z’u Rwanda zari ku burinzi izamu mu murenge wa Mbugangari. Ibi byabaye kuwa gatandatu, tariki 19 Ugushyingo 2022, ahagana isaa saba z’igicuku.

Nk’uko byatangajwe n’umuyobozi mu ngabo z’u Rwanda RDF, ushinzwe ubufatanye mpuzamahanga mu bya gisirikare, Brig Gen Patrick Karuretwa, ngo uru ruzinduko rwateguwe na RDF nyuma yo kubisabwa n’aba bajyanama mu bya gisirikare (DA’s) mu rwego rwo kumenya uko ibintu byagenze no kubaza ibibazo ku byerekeye uko uwo musirikare yarashwe.

I Rubavu, aba bajyanama mu bya gisirikare bakiriwe n’Umuyobozi wa Division ya 3 y’ingabo z’u Rwanda, Brig. Gen. Andrew Nyamvumba abajyana muri Mbugangari, muri metero ku mupaka w’u Rwanda na DRC.

Defences Attachés beretswe uburyo umusirikare wa FARDC yambutse unupaka n’imbunda ye maze atangira kurasa abasirikari ba RDF bari ku minara 2 y’uburinzi kuri metero nkeya ku mupaka.

Abasirikare ba RDF bahise bitabara bica uwo musirikare mbere y’uko agira uwo yica cyangwa akomeretsa, nk’uko byasobanuwe na Brig Gen Andrew Nyamvumba.

Brig Gen. Karuretwa yavuze ko aba bajyanama mu bya gisirikare muri za ambasade z’ibihugu byabo mu Rwanda, bashishikajwe no kumenya uko ibintu bimeze muri iyi minsi kugeza habaye iyo nsanganya.

Ati: “Abajyanama mu bya gisirikare muri za Ambasade bakeneye kumva impamvu muri iyi minsi hakunze kubaho ibibazo nk’ibi ni yo mpamvu baje hano kugira ngo babyikurikiranire. kuko atari ubwa mbere bibayeho. Bibajije aho bakura amategeko ateye atyo n’uburyo ingabo za RDC zikomeza kuvogera umupaka w’u Rwanda zikagaba ibitero nk’ibi bidafututse.”

Brig Gen. Karuretwa yongeyeho ati “Turasaba RDC guhagarika ibikorwa nk’ibi by’ubushotoranyi.”

Yakomeje avuga ko ikubitiro DRC yavuze ko atari umusirikare wayo ariko nyuma iza kubyemera nyuma yo gutanga ibimenyetso bidashidikanywaho mu kugaragaza ukuri.

Ingabo zishinzwe kugenzura ibibera ku mipaka mu Karere k’ibiyaga bigari (EJVM) bamenyeshejwe ibyabaye bakora igenzura ryigenga, no gutegura uburyo uwoherezwa muri DRC.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

RUBAVU: Imodoka 40 muri 78 zatsinzwe isuzuma ry’ubuziranenge bw’ibinyabiziga

Ku munsi wa mbere wa Serivisi yo gusuzuma ubuziranenge bw'ibinyabiziga hifashishwa imashini yimurwa, yegerejwe abo mu Karere ka Rubavu, hitabiriye ibinyabiziga 78 byabashije gukorerwa isuzuma mu buryo bwuzuye. Nk’uko byatangajwe n'Ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba, Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo, imashini yagaragaje ko imodoka 38 zujuje ubuziranenge mu gihe izindi 40 zatsinzwe igenzura rya mbere ba nyirazo basabwa gukosora amakosa ya mekanike yazigaragayeho. CIP […]

todayNovember 22, 2022 119

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%