Inkuru Nyamukuru

Dr. Sabin Nsanzimana yagizwe Minisitiri w’Ubuzima

todayNovember 28, 2022 162

Background
share close

Itangazo riturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe, rivuga ko Dr. Sabin Nsanzimana agizwe Minisitiri w’Ubuzima, guhera kuri uyu wa Mbere tariki 28 Ugushyingo 2022.

Dr Sabin Nsanzimana yari asanzwe ari Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB), guhera ku itariki 03 Gashyantare 2022.

Yahawe iyo mirimo nyuma y’igihe gito akuwe ku mwanya wo kuyobora Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), kuko ngo hari ibyo yagombaga kubazwa, nk’uko byari biri mu itangazo ryashyizwe ahagaragara ku itariki ya 07 Ukuboza 2021.

Dr Sabin Nsanzimana asimbuye Dr Ngamije Daniel wari Minisitiri w’Ubuzima kuva muri Gashyantare 2020, asimbuye Dr Diane Gashumba.

Dr. Nsanzimana wagizwe Minisitiri w’Ubuzima afite ubunararibonye mu bijyanye na Porogaramu zo kurwanya Sida, gukora igenamigambi muri iyo ngeri n’ubushakashatsi ku bufasha bukwiriye guhabwa abantu babana n’iyi virusi.

Afite Masters Degree mu bijyanye n’indwara z’ibyorezo yakuye muri Kaminuza y’u Rwanda ndetse afite n’Impamyabumenyi y’Ikirenga yakuye muri Kaminuza ya Basel mu Busuwisi muri iyo ngeri.

Yabaye umwarimu wungirije muri Kaminuza y’Ubuvuzi rusange, UGHE, ndetse yigishije no muri Kaminuza y’u Rwanda.

Mu bandi bayobozi bashyizwe mu myanya harimo Dr. Yvan Butera wagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuzima. Asimbuye Lt. Col. Dr. Tharcisse Mpunga wagizwe Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubuvuzi no Kwigisha ku Rwego rwa Kaminuza cya Kigali.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

M23 Ntiyitabiriye ibiganiro bihuza imitwe y’inyeshyamba na Leta ya Congo

Ku nshuro ya gatatu, i Nairobi muri Kenya hateraniye Inama ku biganiro bigaruka ku kibazo cy'umutekano muke uri mu burasirazuba bwa Congo. Umuhuza muri ibi biganiro, Uhuru Kenyatta yabwiye Abanye-Congo ko aribo bagomba gushaka umuti w'ibibazo byabo, abandi bose basigaye bakazaza kubafasha gusa. Umuyobozi w'umuryango wa Afrika y'uburasirazuba EAC, Perezida w'u Burundi Evariste Ndayishimiye yasabye abashyamiranye muri RDC kurebera ku rugero rw'igihugu cye gisigaye cyohereza ingabo gufasha ibindi bihugu nyuma […]

todayNovember 28, 2022 79

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%