Inkuru Nyamukuru

Umukobwa wagaragaye mu mashusho y’indirimbo ’I Love you’ ya Safi Madiba yitabye Imana

todayDecember 2, 2022 339 1

Background
share close

Umukobwa wari umunyamideli ukomoka muri Somalia, wagaragaye mu mashusho y’indirimbo ’I Love you’ y’umuhanzi Niyibikora Safi usanzwe uzwi nka Safi Madiba yitabye Imana aguye mu mpanuka y’imodoka.

Iyi mpanuka yabaye tariki 27 Ugushyingo 2022 nyuma yaho imodoka uyu mukobwa yararimo igonzwe n’ikamyo yari ku muvuduko wo hejuru nk’uko inzwgo zumutekano muri Canada ari naho uyu mukobwa yari atuye zabitangaje.

Polisi yatangaje ko muri iyo modoka harimo abantu babiri ndetse ko bose bitabye Imana harimo n’uyu mukobwa.

Safi Madiba abinyujije ku mbuga ze nkoranyambaga, yagaragaje ko yatewe akababaro n’urupfu rw’uyu mukobwa wamufashije bagakora videwo y’indirimbo yari iya mbere akigera muri Canada ndetse ko bari bamaze no kuba inshuti.

Safi ubutumwa yashyize kuri Instagram ye yagiz ati: “Twakoranye amateka mu ndirimbo ’I Love you’, ni yo yari iya mbere nkoreye muri Canada, uruhare rwawe ruzahora ruzirikanwa. Ntiwahwemye kumbaza igihe indi videwo n’indirimbo izasohokera, buri gihe uko twahuraga wabaga wishimiye bigaragarira mu nseko yawe. Birababaje kukubona ugiye gutya, gusa urwibutso usize ruzagumaho iteka.”

Safi Madiba yijeje uyu mukobwa ko atazibagirwa ineza yamugiriye ndetse n’uburyo yari umuntu mwiza.

Iyi ndirimbo “I Love you” ya Safi Madiba yayishyize hanze tariki 22 Mata 2020, mu buryo bw’amajwi yatunganyijwe na MadeBeat usigaye ubarizwa mu bwongereza. Ndetse iri mu ndirimbo z’uyu muhanzi zarebwe kurusha izindi dore ko imaze kurebwa na Miliyoni 4,5 kuri YouTube.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Rwangombwa uyobora Banki Nkuru y’u Rwanda yasobanuye iby’izamuka ry’ibiciro

Ubwo Guverineri John Rwangombwa yagezaga ku Nteko Rusange y’Imitwe Yombi raporo y’ibikorwa bya Banki Nkuru y’u Rwanda by’umwaka warangiye ku wa 30 Kamena 2022, yakomoje no ku kibazo cy’izamuka ry’ibiciro kimaze iminsi, dore ko ari ikibazo cyatumye ubushobozi bwa bamwe bwo guhaha bugabanuka. Guverineri John Rwangombwa yavuze ko gutangira kumanuka kw’ibiciro by’ibintu byinshi bitandukanye ku masoko bishoboka mu gice cya kabiri cy’umwaka utaha wa 2023, bitewe n’uko imvura ngo yaguye […]

todayDecember 2, 2022 82

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%