Inkuru Nyamukuru

U Rwanda rwishimiye inkunga ya EU yo gufasha ibikorwa byo kugarura amahoro muri Mozambique

todayDecember 2, 2022 119

Background
share close

Ku wa Kane tariki 1 Ukuboza 2022, u Rwanda rwatangaje ko rwakiriye inkunga ya miliyoni makumyabiri z’Amayero (miliyari zisaga 20 z’Amafaranga y’u Rwanda) yatanzwe n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Ni inkunga igamije gushyigikira ibikorwa by’Ingabo z’u Rwanda bigamije kugarura amahoro mu Ntara ya Cabo Delgado, mu Majyaruguru ya Mozambique.

U Rwanda rufite abasirikare n’abapolisi bagera ku 2,500 bari muri Mozambique boherejweyo kuva muri Nyakanga 2021, aho bafatanya n’ingabo za Mozambique mu bikorwa byo kugarura amahoro, kurwanya ibyihebe no gusubiza abaturage mu byabo bakuwemo n’inyeshyamba.

Mu itangazo Guverinoma y’u Rwanda yasohoye, yashimye inkunga y’UMuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) kuko igiye kunganira ibi bikorwa muri Cabo Delgado.

Itangazo rivuga ko inzego z’umutekano z’u Rwanda zimaze igihe zifatanya n’Ingabo za Mozambique mu kurwanya ibikorwa by’iterabwoba ndetse zafashije abaturage bari bavanywe mu byabo gusubira mu buzima busanzwe.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda, Dr Vincent Biruta, yavuze ko u Rwanda rwishimiye iyo nkunga.

Ati: “U Rwanda rwishimiye cyane inkunga yatangajwe n’Inama y’u Burayi ya miliyoni makumyabiri z’Amayero izatangwa n’Ikigega cy’u Burayi gitera inkunga ibikorwa by’amahoro, kugira ngo Ingabo z’u Rwanda zirimo gufatanya n’iza Mozambique zibashe kugira ibikoresho n’ibindi bikenewe mu kurwanya abakora iterabwoba bitwaje intwaro muri Cabo Delgado, zigarure amahoro ndetse zifashe abavuye mu byabo gusubira mu ngo zabo.”

Minisitiri Biruta akomeza avuga ko u Rwanda ruzakomeza ubufatanye mu rwego rwo kurwanya ibikorwa by’iterabwoba ku mugabane kandi ko rwishimiye gukorana n’ubumwe bw’u Burayi muri iki gikorwa.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Madamu Jeannette Kagame yasabye urubyiruko gukaza ingamba zo kwirinda SIDA

Mu butumwa Madamu Jeannette Kagame yageneye abantu ku munsi mpuzamahanga wahariwe kurwanya icyorezo cya SIDA uba tariki ya 1 Ukuboza buri mwaka, yasabye urubyiruko kutirara kuko SIDA igihari. Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Madamu Jeannette Kagame yavuze ko ari ngombwa ko Abanyarwanda ndetse n’abatuye isi bashyira imbaraga hamwe bagahangana n’icyorezo cya SIDA. Ati “Kuri uyu munsi wahariwe kurwanya Icyorezo cya SIDA, dukomeze gushyira hamwe imbaraga, duhangane n’iki cyorezo, n’ubwo hari […]

todayDecember 2, 2022 82

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%