Perezida wa Kenya William Ruto yahagaritse ku mirimo abakomiseri bane b’amatora bitandukanyije n’intsinzi ye mu matora yo mu Kanama uyu mwaka, ashyiraho itsinda ryo gukora iperereza rigamije kureba niba bakurwaho.
Ku wa Gatanu nibwo Perezidansi yatangaje ihagarikwa ry’abo bakomiseri. Ibyo byatangije urundi rugamba hagati ya guverinoma n’abatavuga rumwe na yo.
Itsinda ry’abayobozi b’umutwe w’ingabo na Polisi washyiriweho guhora witeguye gutabara mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba (EASF) basuye Polisi y’u Rwanda. Aba bayobozi bari mu Rwanda mu ruzinduko rw'iminsi itatu, basuye Polisi y'u Rwanda ku wa Gatanu tariki ya 2 Ukuboza, hagamijwe kureba intambwe imaze gutera mu nzira igana mu cyerekezo uyu mutwe wihaye. Izi ntumwa zari ziyobowe na Brig. Gen Vincent Gatama, ari na we muyobozi Mukuru wa EASF, bari mu […]
Post comments (0)