Nsabimana Jean w’imyaka 56 wo mu Kagari ka Kampanga Umurenge wa Kinigi mu karere ka Musanze, avuga ko mu myaka 39 amaranye ubwandu bw’agakoko gatera SIDA atigeze agira ikibazo cy’ubuzima kubera kubahiriza amabwiriza ahabwa n’abaganga.
Uwo mugabo uvuga ko irindi banga rimutera kugira ubuzima bwiza, mu gihe kirekire amaze yanduye, ngo n’uko yiyakiriye akimenya ko yanduye, yongererwa imbaraga no kubigaragaza atanga ubuhamya.
Aganira na Kigali Today, ntabwo yigeze agira impungenge zo gutangaza ubuhamya bwe mu itangazamakuru, aho yifuje kuvuga ibyamubayeho byose kuva yanduye virus itera SIDA kugeza ubu.
Uwo mugabo utagaragaza ikimenyetso na kimwe cy’ubwandu bwa SIDA, yemeza ko ari mu banduye mbere SIDA igitangira kugera mu Rwanda mu 1983 ubwo yari afite imyaka 18, amenya ko afite ubwo bwandu mu 1995, nyuma y’uko uwo bashakanye yitabye Imana.
Ati “Nashatse umugore muri 1984, mu 1990 umugore wanjye agakunda kurwaragurika ari nabwo tubyaye umwana wa mbere arapfa, tubyaye undi nawe arapfa, ariko umugore agahora arwaragurika, yabyaye undi mwana we abaho n’ubu turi kumwe yabaye umugabo”.
Arongera ati “Muri 1994 ubwo namuvuzaga, uburwayi bwakomeje kwiyongera, mu 1995 umugore wanjye arapfa ansigira uwo mwana”.
Nsabimana wari umukuru w’itorero mu Badivantisiti muri ako gace, yamaze umwaka yibana arera n’umwana we, bagenzi be b’abavugabutumwa baza kumugira inama yo gushaka undi mugore, ari nabwo yarambagije umwe mu bo basenganaga, igihe cy’ubukwe kigeze agirwa inama yo kubanza kwipimisha dore ko muri icyo gihe SIDA yari itangiye kumenyekana.
Ati “Ubwo nari maze gukwa uwo mukobwa dutegura ubukwe, bagenzi banjye dusengana barambwiye bati ko SIDA itangiye kuvugwa, ntimwabanza kujya kwipimisha mukamenya uko muhagaze, ariko njye nta kimenyetso nakimwe nigeze ngira, ndetse n’umugore wanjye wari umaze gupfa nta kimenyetso cyamugaragaragaho”.
Nsabimana avuga ko yumviye bagenzi be, we n’uwo biteguraga kubana bajya kwipimisha, nyuma y’amezi atatu bahawe ibisubizo asanga yanduye SIDA.
Nsabimana ubwo yaganiraga n’umuganga wamusuzumye, ngo yabajijwe amavu n’amavuko y’imikurire ye, ngo amenye intandaro yo kwandura SIDA.
Abwira Umuganga ko mu 1983 ubwo nakoraga mu kabari kitwa “Rond-point Bar” ko mu Kinigi, bamwe mu bacururizaga muri iyo Santere ngo bazanye umukobwa w’indaya, mu kubakira, bati, yewe wa kana we reka tuguhe umugore, nibwo yararanye n’uwo mukobwa, avuga ko bwakeye yakomeretse cyane ngo igitsina cye cyahindutse ibisebe.
Uwo mugabo avuga ko ubwo yamaraga imyaka umunani yibana, yashakwaga n’abagore n’abakobwa benshi bagamije kumugusha mu bishuko, ari nabwo kwihangana byashatse kumunanira ajya kugisha inama muganga.
Ati “Abantu babonye ko maze imyaka imunani nta kibazo mfite, bamwe batangira guhakana ko nanduye, bansura mu rugo nkabereka ibinini, Abagore n’abakobwa barankunda cyane, abenshi bagashaka kungusha mu bishuko ariko nakwibuka rya joro ryatumye ubuzima bwanjye bujya mu kaga nkabima amatwi”.
Arongera ati “Mbonye abagore bandembeje, nkareba uko abakobwa n’abagore banshaka cyane bashaka kunjyana mu busambanyi, Nibwo nasubiye kuri wa Muganga, ndamubwira nti icyo nkwifuzaho ni uko wampindura inkone, Muganga ati kubera iki, nti sinshaka kongera gusubira mu byaha kandi abagore n’abakobwa bari kunshaka buri munsi, nkumva ubuzima bwanjye burabikeneye”.
Avuga ko Muganga yamugiriye inama yo gushaka uwo bahuje ikibazo, yegera umwe mu bagore babanaga mu ishyirahamwe “Duhumurizanye” yashinze, amugejejeho ikibazo umugore abyakira neza bajyana kwa Muganga abagira inama, muri 2005 bakora ubukwe ari nawe bari kumwe kugeza na n’ubu.
Imyifatire yamuranze kuva yamenya ko yanduye SIDA, niyo itumye afite ubuzima bwiza
Uwo mugabo upima ibiro 76, avuga ko ibanga ryo kuba ameze neza riva mu kwakira ko yanduye, yarangiza akanabigaragaza, hiyongeraho no kubahiriza amabwiriza ya Muganga, aho kuva muri 2007 atangira imiti igabanya ubwandu atigeze asiba kuyifatira ku gihe.
Avuga ko mu myaka 39 amaranye ubwandu bw’agakoko gatera SIDA atigeze arangwa n’ubundi burwayi, ati “Kuva namenya ko nanduye sindataka n’igicurane, wowe se ntundeba, hari ubwo buri wa kane najyaga mu bitaro bya Ruhengeri guhumuriza abatariyakira, icyanshimishije cyane ni umukobwa nasanze yarihebye ageze ku biro 35 umusatsi waracuramye, naramuhumurije agarura icyizere, none ubu yarize araminuza, yibera muri Amerika”.
Post comments (0)