Inkuru Nyamukuru

Tanzania: Ibirori by’umunsi w’ubwigenge ntibizaba uyu mwaka

todayDecember 7, 2022 73

Background
share close

Umukuru w’igihugu cya Tanzaniya, Madamu Samia Suluhu Hassan, yaburijemo ibirori byo kwizihiza isabukuru y’ubwigenge. Umunsi mukuru w’ubwigenge bwa Tanzaniya uzaba kuri uyu wa gatanu tariki 09 Ukuboza 2022.

Byari biteganyijwe ko ingengo y’imari yari kuzawugendaho ingana n’ibihumbi 445 by’amadorali ya Amerika. Perezida Suluhu yategetse ko, aho kuyakoresha ibirori bihenze gutya, ahubwo ajya kubaka amazu y’amacumbi mu mashuri umunani.

Si ubwa mbere guverinoma ya Tanzaniya iburijemo ibirori by’umunsi w’ubwigenge. Ubwa mbere byabaye ni 2015, aho uwari umukuru w’igihugu icyo gihe, John Pombe Magufuli, yaburijemo ibyo birori, maze ingengo y’imari byari bigenewe ayubakisha umuhanda mu mujyi wa Dar es Salaam. Mu 2020 nabwo niko yabigenje kuko amafaranga yayageneye ibikorwaremezo by’ubuvuzi.

Umunsi w’ubwigenge bwa Tanzaniya, utandukanye n’uw’isabukuru y’ivuka rya Tanzaniya witwa “Tanzania Union Day”. Ariko yombi ni iminsi mikuru ikomeye muri icyo gihugu ndetse y’ikiruhuko.

Umunsi w’ubwigenge “Independence Day” wibutsa isabukuru y’ubwigenge bwa Tanganyika, yari koloni y’Abongereza. Yabubonye ku itariki ya 9 Ukuboza mu 1961. Naho “Uninon Day” ukomoka ku bwiyunge bwa Tanganyika na Zanzibar, byabyaye Repubulika yunze ubumwe ya Tanzaniya ku itariki ya 26 Mata 1964.

Amasezerano yo kwishyira hamwe no kurema igihugu kimwe yashyizweho umukono na perezida wa mbere wa Tanganyika, Julius Nyerere, na perezida wa mbere wa Zanzibar, Abeid Karume, ku itariki ya 22 Mata 1964.

Aya masezerano yagiye mu bikorwa amaze kwemezwa burundu n’inteko zishinga amategeko z’ibihugu byombi ku itariki ya 26 Mata 1964. Nyerere yahise aba perezida wa mbere w’igihugu gishya, Tanzaniya, naho Karume aba visi-perezida wa mbere wacyo.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Ijoro rimwe ryamviriyemo kunywa imiti ubuzima bwanjye bwose – Ubuhamya

Nsabimana Jean w’imyaka 56 wo mu Kagari ka Kampanga Umurenge wa Kinigi mu karere ka Musanze, avuga ko mu myaka 39 amaranye ubwandu bw’agakoko gatera SIDA atigeze agira ikibazo cy’ubuzima kubera kubahiriza amabwiriza ahabwa n’abaganga. Uwo mugabo uvuga ko irindi banga rimutera kugira ubuzima bwiza, mu gihe kirekire amaze yanduye, ngo n’uko yiyakiriye akimenya ko yanduye, yongererwa imbaraga no kubigaragaza atanga ubuhamya. Aganira na Kigali Today, ntabwo yigeze agira impungenge […]

todayDecember 7, 2022 2170

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%