Inkuru Nyamukuru

Nyiringanzo: Menya amateka ya Padiri Byusa Eustache waririmbye ‘Umuhororo’

todayDecember 8, 2022 223

Background
share close

Padiri Byusa Eustache wabayeho kuva mu 1910 kugeza mu 1985, usibye kuba Padiri muri Kiliziya Gatolika, yari n’umuhanzi w’umuhanga mu ndirimbo gakondo, urugero nk’iyitwa ‘Umuhororo’ yahimbiye Paruwasi ya Muhoro, na ‘Kamonyi Nziza Murwa w’Abami’ yahimbye agendeye ku ndirimbo y’Ikidage yo mu kinyejana cya 19.

Padiri Byusa Eustache yabayeho hagati y’imyaka ya 1910 – 1985

Professeur Mbonimana Gamariel w’imyaka 88 na Dr Rusine Jean Baptiste w’imyaka 65 abatumirwa ba KT Radio mu kiganiro Nyiringanzo, ni bamwe muri bake bamenye bya hafi cyane nyakwigendera Padiri Byusa wo mu muryango mugari w’Abanyiginya b’Abenegitore, nk’uko bisobanurwa na Dr Rusine, Padiri Byusa yari abereye nyirarume.

Dr Rusine yagize ati: “Padiri Byusa ni uwa Benempinga wa Rwamamara rwa Sentama ya Burengera ba Musoni wa Kabeba ka Byambi bya Shumbusho ya Ruheri ya Ruherekeza rwa Zuba ya Gitore cya Kigeli Mukobanya.”

Naho kuri Prof Gamariel, kumenya Padiri Byusa, na we byabaye iby’umwihariko kuko yamumenye akiri mu mashuri abanza ahagana mu 1945 aza no kumwigisha kuririmba.

Prof Mbonimana ati: “Ubwo nigaga i Kabgayi ariko ndi umwana ariko nshamadutse gatoya, kuko muri 43 ndi mu bana batandatu batoranyijwe kuririmba indirimbo kuri batisimu y’Umwami Mutara III Rudahigwa.”

Usibye indirimbo ‘Umuhororo’ yamamaye cyane, Byusa wari Padiri akaba n’umuhanzi, yakomatanyije inganzo Nyarwanda n’inganzo Ndage agendeye ku ndirimbo y’Ikidage yo mu kinyejana cya 19 isingiza ahantu runaka, hanyuma Padiri Byusa ahimba iy’Ikinyarwanda ayita ‘Kamonyi Nziza Murwa w’Abami’.

Amateka ya Byusa Eustache nka Padiri wabaye umuhanzi, wayakurikira muri iki kiganiro Nyiringanzo kuri YouTube ya KT Radio

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Umuyobozi w’Ingabo zihora ziteguye yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda

Umuyobozi w’Ingabo z’Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba zihora ziteguye gutabara (Eastern Africa Standby Force - EASF), Brig Gen Getachew Shiferaw Fayisa, uri mu ruzinduko mu Rwanda yagiranye ibiganiro na Minisitiri w’Ingabo w’u Rwanda, Maj Gen Albert Murasira n’umugaba Mukuru w’Ingabo Gen Jean Bosco Kazura. Ni ibiganiro byabaye tariki 06 Ukuboza 2022, aho Brig Gen. Getachew yari aherekejwe n’Umugaba Mukuru wa EASF, Brig Gen Vincent Gatama ndetse n’umuyobozi w’ishami rishinzwe ibikorwa by’amahoro, […]

todayDecember 7, 2022 73

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%