Inkuru Nyamukuru

Amerika igiye gutera inkunga Afurika mu guteza imbere ibikorwa remezo

todayDecember 16, 2022 33

Background
share close

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Joe Biden yatangaje ko igihugu cye kigiye gushora imari mu guteza imbere ibikorwa remezo bizafasha guhuza ibihugu bigize umugabane w’Afurika.

Yabivuze ubwo yagezaga ijambo ku bakuru b’ibihugu by’Afurika bari bateraniye mu mujyi wa Washington mu nama ihuza Afurika n’Amerika.

Perezida Biden yavuze ko bimwe mu bikorwa bitandukanye Amerika yifuza gushoramo Imari mu minsi iri imbere birimo ubucuruzi n’ishoramari, ikoranabuhanga mu by’ubukungu n’ibikorwa remezo, n’ingufu.

Yabwiye abayobozi b’Afurika ko Amerika igiye gushora akayabo k’amadolari miliyoni 500 mu bikorwaremezo birimo imihanda no kubaka ibyambu bizahuza ibihugu by’Afurika. Yavuze ko binyuze mu mugambi w’ikinyagihumbi wiswe Millinieum Challenge Account, Amerika izashora imari muri Afurika ingana na 1.2 z’amadolari.

Iryo shoramari rizongerwa rigere kuri miliyari 2.5 z’amadolari mu gihe cy’imyaka inne. Biden avuga ko imishinga izaterwa inkunga n’ayo mafranga izasaranganwa mu bihugu bitandukanye by’Afurika.

Yavuze ko Amerika yinjiye mu mubano n’Afurika ubudasubira inyuma.

“Aya masezerano azaba urufunguzo rw’ubufatanye budasanzwe mu by’ubucuruzi n’ishoramari hagati y’ibihugu byacu anatume ibihugu byacu birushaho gukorana bya hafi bitari byabeho. Ibi bizaha ibihugu by’Afurika amahirwe menshi kandi twiyemeje gufatanya namwe kugirango tubyamaze umusaruro ayo mahirwe. “

VoA itangaza ko Perezida Biden yavuze ko amasezerano ashyiraho isoko rusange ry’Afurika asobanuye isoko rinini ridasanzwe kw’isi rigizwe n’abantu bagera kuri miliyari 1.3 n’ubukungu mbumbe burenga miliyari igihumbi na magane ane y’amadolari.

Biden atangaje iyi nkunga nshya ku mugabane w’Afurika mu gihe Amerika yafatwaga nk’aho idaha agaciro gakwiye umugabane w’Afurika mu bijyanye n’imikoranire mu ishoramari. 

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Ethiopia yareze Facebook kubiba imvugo zihembera urwango

Abanya-Ethiopia bareze ikigo cy'ikoranabuhanga Meta, cyabyaye Facebook, kubiba imvugo z'urwango, ikirego cyatanzwe n'abashakashatsi babiri mu by’uburenganzira bwa muntu n’ikigo giharanira uburenganzira bwa muntu cyo muri Kenya, Kenya's Katiba Institute. Iki kirego bagishyikirije urukiko rw’i Nairobi, ahari icyicaro cy’ishami rya Meta rishinzwe kugenzura, gusesengura no guha uruhushya ibihita ku mbuga zayo birebana na Ethiopia. Barega Meta, by’umwihariko Facebook, ko yatambukije imvugo zihamagarira abantu kwica abandi, no guhembera intambara yo muri Tigray. […]

todayDecember 15, 2022 57

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%