Inkuru Nyamukuru

Burkina Faso yasabye Ambasaderi w’u Bufaransa kuva mu gihugu

todayJanuary 4, 2023 44

Background
share close

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bufaransa yatangaje ko ku wa kabiri ko bwabonye ibarwa y’abayobozi ba Burikana Faso yanditswe mu Ukuboza umwaka ushize isaba ambasaderi w’u Bufuransa kuva muri icyo gihugu.

Kugeza ubu, nta bindi bisobanuro cyangwa ibirenze kuri ibyo Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bufaransa iratangaza. Leta ya Burkina Faso nayo ntaco yashatse kuvuga ku byatangajwe n’u Bufaransa.

Ambasaderi w’U bufransa muri Burika Faso, Luc Hallade, aho aherereye ari muri iki gihe ntihazwi, ndetse Ambasade y’u Bufransa muri Burkina Faso ntacyo yigeze ibitangazaho nkuko Ijwi ry’Amerika ryabitangaje.

Imyigaragambyo y’abadashaka ko ingabo z’u Bufaransa baguma muri Burkina Faso yakomeje kwiyongera biturutse ku kuba ntacyo zakoze kugirango zirwanye imitwe y’intagondwa z’abayisilamu zibasiye iki gihugu zivuye muri Mali.

Umutekano muke wakomeje kwiyongera muri ibyo bihugu byombi watumye haba ibibazo bishingiye kuri politike ndetse na kudetazitandukanye muri Kanama 2020 no muri Gicurasi 2021 muri Mali, no mu muri Mutarama 2022 no muri Nzeri 2022 muri Burkina Faso.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Ngororero: Abaganga babashije gufasha umwana wavukanye amagarama 790 abaho

Abaganga bo ku bitaro bya Muhororo mu Karere ka Ngororero, babashije kurokora ubuzima bw’umwana w’umukobwa wavukanye amagarama 780, ku byumweru 27 yari amaze mu nda ya nyina. Byari ibyishimo gusezerera Ishimwe n’ababyeyi be bagataha mu rugo nyuma y’amezi atatu mu bitaro Ubuyobozi bw’ibitaro bya Muhororo ahabereye ibyo bisa nk’ibitangaza, buvuga ko abana bacye cyane bavutse ku byumweru 27 ari bo bashobora kubaho, ariko bagerageje amezi atatu agashira uwo mwana afite […]

todayJanuary 4, 2023 61

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%