Inkuru Nyamukuru

Nyamasheke: Hafashwe magendu amabalo icyenda y’imyenda ya caguwa

todayJanuary 7, 2023 58

Background
share close

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu karere ka Nyamasheke, ku wa Kane tariki ya 5 Mutarama, yafashe amabalo icyenda y’imyenda ya caguwa yinjijwe mu gihugu mu buryo bwa magendu.

Igizwe n’mabalo 6 yafatiwe mu rugo rumwe ruherereye mu mudugudu wa Rugaragara, akagari ka Butare mu murenge wa Gihombo n’andi mabalo 3 yari yahishwe  mu rutoki ruherereye mu kagari ka Kibingo nako ko mu murenge wa Gihombo.

Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo, ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba, yavuze ko abafashwe ari uwitwa Niyonshuti Daniel w’imyaka 23 na Ndikuryayo Medard w’imyaka 33 bacyekwaho kugira uruhare mu kuzana ayo mabalo muri ruriya rugo.

Yagize Ati: “Tugendeye ku makuru twahawe n’umuturage, amabalo 6 y’imyenda ya caguwa yinjijwe mu Rwanda ivanywe mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) icishijwe mu nzira zitemewe yamaze gufatwa, asanzwe mu rugo ruherereye mu mudugudu wa Rugaragara.”

 Yakomeje agira ati: “Ni nyuma y’uko habanje gufatwa Niyonshuti na Ndikuryayo bivugwa ko ari bo bazanye iyo myenda, bakajya kwerekana urugo yinjijwemo. Abapolisi bageze muri uru rugo barayahasanga, ariko nta muntu uhari kuko nyir’urugo witwa  Uwimpuhwe Beatrice bavuga ko ari we nyirayo yari yamaze gucika.”

Amakuru agaragaza ko umugabo we nawe  kuri ubu afungiwe muri Gereza ya Karongi aho akurikiranyweho icyaha cyo gucuruza magendu.

CIP Rukundo yavuze ko nyuma yaho baje guhabwa andi makuru ko hari indi myenda ya caguwa babonye ihishwe mu rutoki rwo mu kagari ka Kibingo nayo yahise ifatwa ariko ba nyirayo bakaba bataramenyekana.

CIP Rukundo yashimiye abaturage bakomeje gufatanya n’inzego z’umutekano mu kurwanya ubucuruzi bwa magendu bashaka kunyereza imisoro kandi ari yo nkingi y’iterambere ry’Igihugu.

Yaburiye abakora ubu bucuruzi bwa magendu ko batazabura gufatwa bagahanwa nk’uko itegeko ribiteganya.

Abafashwe bashyikirijwe urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Gihombo kugira ngo hakorwe iperereza, imyenda ya magendu ijyanwa mu kigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) ishami rya Rusizi, mu gihe hagishakishwa abandi bafite uruhare mu kwinjiza iriya magendu.

Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

 Ingingo ya 87 y’Itegeko No. 026/2019 ryo ku wa 18/09/2019 rigena uburyo bw’isoresha, iteganya ko; umuntu wese ugambiriye kutishyura umusoro ukoze igikorwa cyo guhisha ibicuruzwa bisoreshwa cyangwa imitungo ifitanye isano n’ubucuruzi; aba akoze icyaha cyo kunyereza umusoro.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarengeje imyaka itanu (5).

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Hatangiye gutangwa icyangombwa-koranabuhanga cy’ubutaka

Ikigo gishinzwe Ubutaka mu Rwanda (National Land Authority/NLA) ku bufatanye n’inzego zitandukanye, cyatangije itangwa ry’ibyangombwa-koranabuhanga by’ubutaka (e-title), bikaba byitezweho kuruhura abaturage mu ngendo bakoraga bajya kubishakira ku Murenge cyangwa ku Karere. Hatangiye gutangwa icyangombwa-koranabuhanga cy’ubutaka Umuyobozi Mukuru wa NLA, Esperance Mukamana, avuga ko urugendo umuturage azajya akora ari urwo kujya kuzuza impapuro z’ihererekanya gusa, ahasigaye akazajya ategereza ubutumwa kuri telefone bumumenyesha ko ibyangombwa byabonetse. Umuturage ashobora kwibonera (download) icyangombwa cye […]

todayJanuary 7, 2023 280

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%