Inkuru Nyamukuru

Ukraine: U Burusiya bwatangaje ko bwafashe Umujyi wa Soledar

todayJanuary 14, 2023 69

Background
share close

U Burusiya bwatangaje ko ingabo za bwo zafashe umujyi wa Soledar uherereye mu burasirazuba bwa Ukraine.

Ibi byatangajwe ku wa Gatanu, biramutse bibaye ari ukuri, yaba ari intsinzi idasanzwe y’u Burusiya nyuma y’amezi y’urugamba. Cyakora Ukraine nayo yavuze ko ingabo zayo zikomeje kurwana muri uwo mujyi.

Ibiro ntaramakuru by’Abongereza, Reuters bitangaza ko bitabashije kumenya ukuri ku bibera i Soledar, umujyi muto uri ahacukurwa umunyu, umazemo iminsi ibitero by’u Burusiya.

Abayobozi ba Ukraine no mu burengerazuba bw’isi, babaye nk’abumvikanisha ko uwo mujyi udafite agaciro kanini, bavuga ko u Burusiya bwohereje abasirikare batabarika hamwe n’abacancuro mu mirwano idafite impamvu, aho impande zombi zatakaje abantu benshi.

Minisitiri w’ingabo w’u Burusiya yavuze ko gufata Soledar byashobotse kubera ibisasu bidasiba guterwa ku ngabo za Ukraine yise umwanzi, igisirikare kirwanira mu kirere, za misile n’ibisasu biremerye by’ingabo zigize amatsinda y’u Burusiya.

Gufata uwo mujyi bishobora gutuma imihanda minini ya Ukraine inyuzwamo ibikoresho, ifungwa. Iyo mihanda ikaba yerekeza mu mujyi mugari wa Bakhmut.

Uyu mujyi wa Bakhmut umaze igihe ugeragezwa gufatwa n’Ingabo z’u Burusiya.

Cyakora Serhiy Cherevatyi, umuvugizi w’ingabo za Ukraine mu burasirazuba bw’igihugu, yabwiye Reuters kuri telefone, ko Soledar itafashwe. Yagize ati: “Ingabo zacu ziriyo, umujyi ntabwo ugenzurwa n’u Burusiya”.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Abasirikare 127 ba RDF basoje amasomo y’ibijyanye na Muzika

Ku wa Gatanu tariki 13 Mutarama 2023 nibwo abasirikare 127 b’Ingabo za RDF bahawe impamyabumenyi mu bijyanye n’amasomo ya Muzika, barangije kwiga mu ishuri rya Gisirikare rya Band Basic Music Courses. Ni amahugurwa bamazemo igihe cy’umwaka, bigiyemo ibijyanye n’amasomo atandukanye harimo ay’Umuziki w’ibanze, hamwe n’ibindi byose bifitanye isano n’umuziki, by’umwihariko ukunze gukoreshwa n’ishami ry’igisirikare cya RDF rya Army Band. Mu birori byo kubaha impamyabumenyi byabereye mu Kigo cya gisirikare cya […]

todayJanuary 14, 2023 160

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%