Inkuru Nyamukuru

Uhuru Kenyatta yasabye ko M23 na FARDC bahagarika imirwano hakubahirizwa amasezerano ya Luanda

todayJanuary 25, 2023 95

Background
share close

Uhuru Kenyatta wahoze ari Perezida wa Kenya akaba n’umuhuza mu bibazo by’umutekano muri DRC yatangaje ko atewe impungenge cyane n’umutekano muke wongeye kwaduka mu Burasirazuba bw’iki gihugu muri Kivu y’Amajyaruguru ahongeye kubura imirwano.

Uhuru Kenyatta yasabye ko hubahirizwa amasezerano ya Luanda

Iyi mirwano yubuye mu gitondo cyo ku wa kabiri hagati hagati y’imitwe itandukanye ifatanyije n’ingabo za leta ya Congo FARDC mu guhangana n’umutwe wa M23.

Amakuru yaturukaga mu mujyi wa Rutshuru ugenzurwa na M23 muri Kivu ya ruguru yavugaga ko abaturage bahungaga iyo mirwano yumvikanagamo imbunda ziremereye mu gace ka Kitchanga.

Lawrence Kanyuka, umuvugizi w’umutwe wa M23, yatangaje ko ingabo za leta “n’abacancuro bazo” bateye ibirindiro byabo muri Bwiza, Kitchanga ndetse no hafi yaho.

Mu itangazo M23 yashyize hanze kuwa mbere, yashinjije ingabo za leta gukomeza gutera ibirindiro byabo mu gihe yo irimo kwitegura kurekura utundi duce igenzura mu kubahiriza amasezerano ya Luanda.

Ku ruhande rwa leta ruvuga ko M23 itava mu bice ivuga ko yarekuye ahubwo ikomeza kuzenguruka hafi aho no kwimurira abarwanyi bayo ahandi.

M23 ishinja ubutegetsi bwa Kinshasa kudashaka gukemura mu mahoro aya makimbirane.

Uhuru Kenyatta yasabye ko imirwano ihagarara hakubahirizwa amasezerano y’amahoro ya Luanda ndetse impande zombi zikagaruka ku nzira y’amahoro ya Nairobi.

Abitangaje mugihe u Rwanda ruherutse kugaragaza impungenge rwatewe no kuba Repubulika ya Demokarasi ya Congo ikomeje kugenda biguruntege mu kubahiriza amasezerano y’Amahoro ya Luanda, bikagaragazwa n’uko Congo igenda yanga ingingo zimwe na zimwe zikomeye zigaragara muri aya masezerano.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Dr Ngirente yakiriye ku meza Kristalina Georgieva Umuyobozi Mukuru wa IMF

Minisitiri w’Intebe Ngirente yakiriye ku meza, Madamu Kristalina Georgieva, Umuyobozi Mukuru w'Ikigega Mpuzamahanga cy'Imari (IMF) uri mu Rwanda mu ruzinduko rw'akazi rw'iminsi itatu. Umuyobozi w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari FMI, Kristalina Georgieva yageze mu Rwanda mu masaha y’umugoroba ku wa Kabiri tariki 24 Mutarama 2023, yakirwa Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Dr. Uzziel Ndagijimana. Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente, yakiriye ku meza Kristalina Georgieva, mu musangiro witabiriwe n'abayobozi batandukanye b'u Rwanda barimo Minisitiri w’Ibidukikije, Dr […]

todayJanuary 25, 2023 48

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%