Inkuru Nyamukuru

Perezida Paul Kagame yihanganishije Turukiya na Siriya byibasiwe n’umutingito ukomeye

todayFebruary 7, 2023 82

Background
share close

Perezida Paul Kagame yihanganishije ibihugu bya Türkiye na Syria byibasiwe n’umutingito ukomeye umaze guhitana abantu ibihumbi ndetse ukangiza ibikorwa remezo.

Perezida Kagame mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati: “Nihanganishije Perezida Erdogan, abaturage ba Turikiya n’abo muri Syria nyuma yo kuburira ababo n’iyangirika ry’ibyabo mu mutingito. Abanyarwanda twifatanyije namwe muri ibi bihe by’agahinda.’’

Mu gitondo cyo ku wa mbere tariki ya 6 Gashyantare 2023, ni bwo umutingito ukomeye wibasiriye Amajyepfo y’Uburasirazuba ya Turikiya na Syria.

Kugeza ubu imibare y’abamaze kumenyeka bitabye Imana irarenga 2600 ndetse ikomeje kugenda yiyongera.

Muri Turikiya honyine kugeza ubu umubare w’abaguye muri uyu mutingito ugeze ku 1,650 mu gihe abakomeretse basaga 11.000. Muri Syria abagera ku 1000 ni bo bamaze kumenyekana ko bitabye Imana.

Perezida wa Turikiya, Erdogan, yahise atangaza icyunamo cy’iminsi irindwi mu guha agaciro abahitanywe n’umutingito, ndetse yatangaje ko ibihugu 45 byahise bitanga umusanzu wabyo byihuse ubwo uyu mutingito wari umaze kuba.

Minisitiri w’Umutekano muri Turikiya, Suleymon Soylu, yavuze ko imijyi 10 ari yo yibasiwe cyane n’uyu mutingito; irimo Hatay, Osmaniye, Adiyaman, Malatya, Sanliurfa, Adana, Diyarbakir na Kilis.

kugeza na n’ubu ibikorwa by’ubutabazi biracyakomeje mu bice bitandukanye byibasiriwe, aho inyubako zasenyutse, zikangiza byinshi ndetse n’abatari bake bakaburirwa irengero.

Uretse ibihugu bya Turikiya na Syria byibasiwe cyane, bivugwa ko abatuye Liban, Chypres na Israel bumvise uyu mutingito.

Umutingito wibasiriye ibi bihugu wabaye ahagana saa Kumi n’iminota 17 ku isaha yo muri icyo gihugu ukaba wari ufite igipimo cya 7,8.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Burkina Faso: Abagera kuri 25 baguye mu gitero cy’abajihadiste

Abantu bagera kuri 25, barimo umubare munini w’abasivile, baguye mu gitero bicyekwako cyagabwe n'abajihadiste, mu mpera z’icyumweru gishize mu Majyaruguru ya Burkina Faso. 40% bya Burkina Faso bigenzurwa n'abajihadiste Umuyobozi w’intara ya Seno ubwo bwicanyi bwabereyemo, Liyetena Colonel Rodolphe Sorgho, ku wa Mbere yatangaje ko Akarere Bani kagabweho igitero atewe n’abakora ibikorwa by'iterabwoba ku wa gatandatu. Yavuze ko abasivile 22 hamwe n’abaporisi batatu bishwe, abandi barakomereka, ndetse hangirika n'ibikorwaremezo. Iyo […]

todayFebruary 7, 2023 44

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%