Inkuru Nyamukuru

Diyosezi ya Ruhengeri: Wa mupadiri uherutse gusezera agiye kurongora

todayFebruary 7, 2023

Background
share close

Umupadiri witwa Niwemushumba Phocas wo muri Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, uherutse kwandikira Umushumba w’iyo Diyosezi Musenyeri Vincent Harolimana, ibaruwa isezera mu butumwa bwe bw’umurimo w’Ubupadiri, agiye kurongora.

Padiri Niwemushumba n’uwo yihebeye

Iyo baruwa y’uwo mupadiri yo ku tariki 06 Ukuboza 2022, yari ikubiyemo amwe mu magambo anenga Kiliziya Gatolika, ayishinja ubwibone n’uburyarya yabonye nyuma y’aho asubije ubwenge ku gihe nk’uko abivuga, ngo ubwo yari ageze i Burayi.

Uwo Mupadiri, yari amaze imyaka itanu muri Kaminuza ya Vienne muri Autriche, aho yavanye impamyabumenyi y’ikirenga.

Nyuma y’amezi abiri asezeye mu bupadiri, Niwemushumba Phocas yamaze gushyira ku mugaragaro ubutumire bw’ubukwe buzaba ku itariki 04 Werurwe 2023, aho agiye gushakana na Uwitije Olive.

Olive Uwitije watwaye padiri umutima kugeza ubwo asezeye ubusaseredoti

Kigali Today yashatse kuvugana na Padiri Niwemushumba yifashishije nimero ziri ku butumire bwe, yitabwa n’umwe mubamufasha mu gutegura ubukwe, aho yavuze ko Padiri Niwemushumba atari kuboneka ko afite akazi kamuhugije, gusa ngo yiteguye kuvugana n’itangazamakuru nyuma y’ubukwe.

Uwo Mupadiri wa Kiliziya Gatolika, mu butumire bwe yagaragaje ko mu muhango wo gusezerana imbere y’Imana uzabera mu itorero rya ADEPR Masizi.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Perezida Paul Kagame yihanganishije Turukiya na Siriya byibasiwe n’umutingito ukomeye

Perezida Paul Kagame yihanganishije ibihugu bya Türkiye na Syria byibasiwe n'umutingito ukomeye umaze guhitana abantu ibihumbi ndetse ukangiza ibikorwa remezo. Perezida Kagame mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yagize ati: “Nihanganishije Perezida Erdogan, abaturage ba Turikiya n’abo muri Syria nyuma yo kuburira ababo n’iyangirika ry’ibyabo mu mutingito. Abanyarwanda twifatanyije namwe muri ibi bihe by’agahinda.’’ Mu gitondo cyo ku wa mbere tariki ya 6 Gashyantare 2023, ni bwo umutingito ukomeye wibasiriye Amajyepfo […]

todayFebruary 7, 2023 82

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%