Turukiya yatangaje ko irimo gukurikirana amasosiyete agera 134 ku kuba yarubatse bitubahirije amategeko inyubako z’amagorofa ziheruka gusenywa n’umutingito ukomeye wibasiye icyo gihugu.
Kugeza ubu abantu barenga 33000 nibo bamaze kumenyekana ko bamaze guhitanwa n’uyu mutingito mugihe abarenga 92000 bakomeretse. Abashinzwe ibikorwa by’ubutabazi baracyakura indi mirambo mu bikuta by’amazu.
Minisitiri w’ubutabera wa Turukiya, Bekir Bozdag yatangaje ko ubutabera bugiye guhana uwo ariwe wese wagize uruhare mu kubaka amazu adakomeye arenga ibihumbi, bigatuma asenywa n’umutingito wo ku wa mbere mucyumweru gishize mu majyepfo ashyira uburasirazuba.
Polisi y’u Rwanda mu bikorwa byo kurwanya no gufata abacuruza ibiyobyabwenge, ku wa Gatandatu tariki ya 11 Gashyantare, yafatiye mu murenge wa Kanzenze mu karere ka Rubavu, abantu batatu bacyekwaho kugira uruhare mu kwinjiza no gukwirakwiza mu gihugu urumogi rungana n’udupfunyika 2,040. Abafashwe ni Niyomurengezi Vedaste ufite imyaka 21 y’amavuko, wafatiwe mu mudugudu Kirerema, akagari ka Kirerema, ndetse na Niragire Elizabeth w’imyaka 34 na Nyirategera Marie Chantal w’imyaka 43 bafatiwe […]
Post comments (0)