Inkuru Nyamukuru

U Rwanda na Tanzania byiyemeje kongera Ubuhahirane n’Ubutwererane

todayFebruary 21, 2023

Background
share close

Itsinda riyobowe na Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel Gasana, tariki ya 20 Gashyantare 2023 ryagiriye uruzinduko mu gihugu cya Tanzaniya mu ntara ya Kagera, bagirana ibiganiro byo gukomeza gushimangira umubano w’ibihugu byombi, no gukomeza ubufatanye mu buhahirane n’ubutwererane.

Impande zombi ziyemeje kongera Ubuhahirane n’Ubutwererane

Iri tsinda ryakiriwe na Ambasaderi uhagarirye u Rwanda muri iki gihugu, Maj Gen Charles Karamba, wavuze ko u Rwanda kuva kera rwagiranaga umubano mwiza na Tanzaniya, by’umwihariko Intara y’Akagera n’iy’Iburasirazuba.

Ku ruhande rwa Tanzaniya hari umuyobozi mukuru w’intara ya Kagera, impande zombi zikaba zaganiriye kandi bagaragaza amahirwe y’ishoramari ari mu gihugu cy’u Rwanda na Tanzaniya.

Ibiganiro byibanze cyane ku nganda zikorera muri izi ntara, ubuhahirane hagati y’abaturage bo muri izi ntara, kurebera hamwe ibyafasha abatuye batuye muri izi ntara, kujya bagirana inama ku rwego rw’intara, gushyiraho ingamba z’umutekano ku mpande zombi, kurwanya ibiyobyabwenge ndetse no kwambuka imipaka mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

U Rwanda na Tanzaniya bisanzwe bifitanye amasezerano y’ubufatanye yashyizweho umukono tariki ya 2 Nzeri 2021 na Perezida wa Tanzaniya, Samia Suluhu Hassan, ubwo yagiriraga uruzinduko rw’iminsi 2 mu Rwanda.

Ayo masezerano harimo agamije kunoza ubufatanye mu burezi, kunoza ibyerekeranye n’abinjira n’abasohoka ndetse n’ubufatanye mu gukurikirana ibirebana n’ikorwa ry’imiti n’ikoreshwa ryayo, no kwifashisha ikoranabuhanga mu itumanaho.

Ibicuruzwa byo mu Rwanda biva n’ibijya mu mahanga, ibingana na 90% byose binyuzwa mu gihugu cya Tanzaniya, kuba u Rwanda na Tanzaniya bifitanye umubano mwiza byorohereza abacuruzi mu byo bakora.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

DCG Namuhoranye yagizwe umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda

Perezida wa Repubulika y'u Rwanda Kagame, yakoze impinduka muri Polisi y'u Rwanda, agira DCG Felix Namuhoranye Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda asimbuye Dan Munyuza wari muri uwo mwanya guhera mu 2018. DCG Felix Namuhoranye Itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe kuri uyu wa mbere tariki 20 Gashyantare 2023, rivuga ko CP Vincent Sano yagizwe Umuyobozi wa Polisi wungirije ushinzwe ibikorwa, akaba yari asanzwe ari Komiseri muri Polisi y’u […]

todayFebruary 20, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%