Inkuru Nyamukuru

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Turkiya yihanganishije Abanyarwanda baburiye ababo mu biza

todayMay 4, 2023

Background
share close

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Turkiya yihanganishe u Rwanda n’Abanyarwanda baburiye ababo mu biza byibasiye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo y’u Rwanda.

Ni ibiza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku wa 2 Gicurasi rishyira ku wa 3 Gicurasi 2023.

Minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Turkiya yatangaje ko ibabajwe cyane n’ibyago byibasiye u Rwanda aho abantu barenga 100 bahasize ubuzima kubera inkangu n’umwuzure watewe n’imvura nyinshi ku ya 2 Gicurasi 2023 mu Ntara y’iburengerazuba n’Amajyaruguru y’u Rwanda.

Yakomeje igira iti: “Twihanganishije kandi twifatanije n’abavandimwe bafite ababo babuze ubuzima, inshuti zabo ndetse na Guverinoma y’u Rwanda.”

Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda na yo yihanganishije imiryango y’abahitanywe n’ibiza ndetse n’ababikomerekeyemo. Kandi yizeye ko u Rwanda ruzabasha guhangana n’ibi bihe bitoroshye.

Yagize it: “Dusabiye abaguye mu biza byatewe n’imvura nyinshi ndetse tunihanganishije imiryango yasigaye, abakomeretse n’ abasizwe iheruheru n’ibiza. Twifatanyije n’ inshuti z’Abanyarwanda kandi twizeye ko u Rwanda rubasha guhangana n’ibi bihe bikomeye.”

Perezida wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe (AU), Moussa Faki Mahamat nawe mu butumwa yanyujije kuri Twitter, yihanganishije Abanyarwanda baburiye ababo.

Moussa Faki Mahamat yagize ati “Mu masengesho nifatanyije n’imiryango y’abarenga 127 babuze ubuzima ndetse n’abandi basigaye iheruheru kubera inkangu n’umwuzure byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu Rwanda, mu Ntara z’Amajyepfo, Iburengerazuba ndetse n’Amajyaruguru”.

Umubare w’abahitanywe n’ibiza byibasiye Intara eshatu z’u Rwanda mu ijoro rishyira ku wa Gatatu wageze ku bantu 130 nk’uko byemejwe n’Umuvugizi wungirije wa Guverinoma Alain Mukuralinda.

Kugeza ubu hari abandi bantu batanu baburiwe irengero bakirimo gushakishwa. Abantu 77 ni bo bakomeretse, 36 bakaba bari mu bitaro. Inzu zasenywe n’ibi biza zirabarirwa mu 5,174.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Abangirijwe n’ibiza bizejwe gufashwa no kurindirwa umutekano

Abaminisitiri batandukanye basuye abaturage bo mu Karere ka Rubavu bangirijwe n’ibiza, babizeza ubutabazi bwihuse n’umutekano. Abayobozi batandukanye basuye abagizweho ingaruka n’ibiza Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude ari kumwe na Minisitiri w’Umutekano, Alfred Gasana, Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Marie Solange Kayisire hamwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda, IGP Félix Namuhoranye, basuye abangirijwe n’ibiza babasaba kugaragaza ahaheze abantu kugira ngo bakurwemo, kandi ko ibintu byabo bikomeza gucungirwa umutekano. Minisitiri Musabyimana yagize […]

todayMay 4, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%