Inkuru Nyamukuru

Nyarugenge: Babiri bafashwe bagiye kugurisha Televiziyo bacyekwaho kwiba

todayJune 20, 2023

Background
share close

Ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki ya 18 Kamena, Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano mu Karere ka Nyarugenge, yafashe abantu babiri bari bagiye kugurisha Televiziyo ebyiri bacyekwaho kwiba.

Bafatiwe mu Kagari ka Kiyovu mu murenge wa Nyarugenge, ubwo bari bagiye kuzishakira umukiriya bakimara kuziba.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Sylvestre Twajamahoro yavuze ko aba basore bafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abibwe.

Yagize ati: “Twahawe amakuru n’ubuyobozi bwa FENRY Company Ltd ko hari ibikoresho babuze birimo televiziyo nshyashya ebyiri. Abapolisi bahise batangira ibikorwa byo gushakisha abakekwa kubigiramo uruhare, hafatwa abasore babiri barimo umwe wari umukozi w’iyo Kompanyi bagiye kuzigurisha.”

SP Twajamahoro yavuze ko aba basore bakimara kubafata biyemereye ko bari bagiye kuzigurisha nyuma yo kuziba.

Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali yaboneyeho kugira inama abantu bagifite ingeso yo kwiba cyane cyane urubyiruko ko bakwiye gucika kuri iyi ngeso kuko ntaho ibaganisha uretse gufungwa bakamara igihe kirekire muri gereza.

Abafashwe bashyikirijwe Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Nyarugenge kugira ngo hakomeze iperereza ku cyaha bakurikiranyweho mu gihe televiziyo zari zibwe zasubijwe nyirazo.

Ingingo ya 166 y’Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu wese uhamijwe n’urukiko icyaha cyo kwiba, ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko kitarenze imyaka ibiri, ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda atari munsi ya miliyoni imwe, ariko atarenze miliyoni ebyiri, imirimo y’inyungu rusange mu gihe cy’amezi atandatu cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

Ingingo ya 167 ivuga ko; ibihano ku cyaha cyo kwiba byikuba kabiri iyo: uwibye yakoresheje guca icyuho, kurira cyangwa yakoresheje igikoresho icyo aricyo cyose gifungura aho utemerewe kwinjira; kwiba byakozwe mu nzu ituwemo cyangwa isanzwe ibamo abantu cyangwa mu nyubako ziyikikije cyangwa kwiba byakozwe n’abantu barenga umwe.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

U Rwanda na Pologne byasinyanye amasezerano yo gushyiraho ikigo cyigisha ibya Dipolomasi

U Rwanda na Pologne byasinyanye amasezerano y’ubufatanye ajyanye no guhugura abakora mu nzego za dipolomasi, ndetse hakazashyirwaho Ikigo gitanga ayo mahugurwa. Aya masezerano yashyizweho umukono kuri uyu wa Mbere tariki 19 Kamena 2023 na Dr. Vincent Biruta, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda na Zbigniew Rau, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Pologne. Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Pologne yatangaje ko icyo kigo kizajya cyigisha ibya Dipolomasi, kizashyigikira gahunda yo guhanahana ubumenyi n’amahugura […]

todayJune 19, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%