Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’abaturage mu Karere ka Kicukiro yafashe umugabo w’imyaka 34 y’amavuko, wari ubitse mu nzu litiro 220 za mazutu acyekwaho gucuruza mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Yafatiwe iwe mu rugo mu Kagari ka Nyanza, Umurenge wa Gatenga, ahagana saa tatu zo mu gitondo cyo ku wa Gatatu tariki ya 4 Ukwakira, ari naho yazigurishirizaga.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, Superintendent of Police (SP) Sylvestre Twajamahoro yavuze ko uriya muturage yiyemeje kubika no gucururiza iwe mu rugo mazutu, ngo kubera ko yabonaga ibiciro byayo birimo kuzamuka.
SP Twajamahoro avuga ko ibyakozwe n’uriya muturage bitemewe n’amategeko ndetse bishobora no guteza impanuka bikagira ingaruka ku muryango we ndetse n’abaturanyi.
Yagize ati: “Amategeko arahari agena uko ibikomoka kuri Peteroli bibikwa, uko bicuruzwa n’uwemerewe kubicuruza kandi bigacururizwa ahantu hazwi ni ukuvuga ku ma sitasiyo yemewe.”
Kuri uyu wa Gatanu tariki 06 Ukwakira 2023, Ambasaderi Maj Gen (Rtd) Charles Karamba, yashyikirije Perezida wa Komisiyo y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, Musa Faki Mahamat, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda mu Muryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU). Amb. Maj Gen (Rtd) Charles Karamba (ibumoso) na Musa Faki Mahamat Amb. Maj Gen (Rtd) Charles Karamba, wari aherutse gusoza imirimo ye nka Ambasaderi w’u Rwanda muri Tanzania, ni we Ambasaderi mushya […]
Post comments (0)