Inkuru Nyamukuru

Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente yakiriye Visi Perezida wa Gambia

todayNovember 29, 2023

Background
share close

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, kuri uyu wa Kabiri tariki 28 Ugushyingo yakiriye Nyakubahwa Muhamma B.S. Jallow, Visi Perezida akaba na Minisitiri w’Intebe wa Gambiya n’intumwa ayoboye.

Minisitiri Dr Ngirente aganira na visi Perezida wa Gambia B. S Jallow

Aba bayobozi bombi bagiranye ibiganiro byibanze ku gusangira ubumenyi mu bijyanye n’imiyoborere n’ihuzabikorwa, nk’uko ibiro bya Minisitiri w’Intebe byabitangaje.

U Rwanda na Gambia bisanzwe bifitanye umubano ushingiye kuri dipolomasi, aho muri Kamena ya 2022, Ambasaderi Jean Pierre KARABARANGA yashyikirije Adama BARROW, Perezida wa Gambiya, impapuro zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda muri Gambia.

Impande zombi zagiranye ibiganiro ku mubano w’Ibihugu byombi

Amb. Karabaranga asanzwe ahagarariye u Rwanda mu Bihugu bya Senegal, Mali, Guinea Bissau, Gambia na Cabo Verde.

Ubwo Karabaranga yashikirizaga Perezida Barrow impapuro zo guhagararira u Rwanda, yagaragaje ko barufata nk’intangarugero mu kwihesha agaciro no guharanira kwigira, ibikorwa byo kubungabunga umutekano hirya no hino, bityo hakaba hari byinshi bigira ku Rwanda.

Ndetse yagaragaje ko ibihugu byombi bizakomeza gufatanya hagamijwe inyungu z’abaturage b’ibihugu byombi.

Gambia ni igihugu kiri mu burengerazuba bwa Afurika gifite ubuso bungana na kirometero kare ibihumbi 11,300 n’abaturage miliyoni 1,857,181. Ni igihugu gihana imbibi na Senegal kigakora ku nyanja ya Atlantic.

Ubukungu bw’iki gihugu bushingiye ku buhinzi n’ubworozi, uburobyi n’ubukerarugendo.

Written by: KT Radio Team

Rate it

Previous post

Inkuru Nyamukuru

Rubavu : Bashyizeho ibirango bimenyekanisha ubukerarugendo

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwagaragaje ibirango bizajya bigaragaza aka Karere kazwiho kuba irembo ry’ubucuruzi n’ubukerarugendo. Ikirango kizajya kigaragaza ubukerarugendo i Rubavu Ikirango kibonekamo izuba, amazi n’ikipe y’ubwato butatu nicyo kizajya kigaragaza Rubavu Nziza, Rubavu ifite byinshi bikwiye gusurwa n’abasura aka karere harimo amazi y’ikiyaga cya Kivu, umucanga ku nkengero z’ikiyaga, amahoteri ku nknegero z’ikiyaga, ubucukuzi bwa gazi methane ibyazwa amashanyarazi, uruganda rukora inzoga benshi bakurwa za Bralirwa, imisozi yo kuzamuka […]

todayNovember 29, 2023

Post comments (0)

Leave a reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

0%