Ku wa kane tariki ya 07 Ukuboza 2023, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi RAB cyatangaje ko hashyizweho akato k’amatungo mu Mirenge ya Gahini, Mwiri na Murundi, mu rwego rwo guhangana n’indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu nka.
Itangazo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa RAB, Dr Telesphore Ndabamenye, rivuga ko hashingiwe ku itegeko No 54/2008 ryo kuwa 10/09/2008, rigena uburyo bwo kurinda no kurwanya indwara zanduza amatungo mu Rwanda.
Hashingiwe ku bimenyetso by’indwara y’uburenge byagaragaye mu Mirenge ya Gahini, Mwiri na Murundi yo mu Karere ka Kayonza Intara y’Iburasirazuba.
Mu rwego rwo gukumira ikwirakwira ry’iyi ndwara, Ikigo gishinzwe Iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi mu Rwanda, RAB, kiramenyesha abantu bose by’umwihariko aborozi, guhagarika ingendo z’amatungo (Inka, ihene, intama n’ingurube), mu Mirenge ya Gahini, Mwiri na Murundi ku mpamvu iyo ariyo yose (Kororwa, kubagwa, kugurishwa, amasoko y’amatungo). Amatungo aguma aho yororewe (Ikiraro cyangwa Urwuri).
Guhagarika icuruzwa ry’amata, inyama, impu n’ifumbire bikomoka kun ka, ihene,intama n’ingurube mu Mirenge ya Gahini, Mwiri na Murundi.
Umuryango G5-Sahel wari ugizwe n’ibihugu bitanu byari byarishyize hamwe kugirango birwanye imitwe y’abajihadiste mu karere ka Sahel. G5-Sahel yashinzwe mu 2014, ikaba yari igizwe n’ibihugu bya Moritaniya, Cadi, Burkina Faso, Mali na Nijeri. Ubufaransa bwari buyifitemo uruhare runini. Ku wa gatandatu w’icyumweru gishize, Burkina Faso na Niger batangaje ko bawuvuyemo, mugihe Mali yo yari yarawuvuyemo mu 2022. Hari hasigayemo Tchad na Mauritania bonyine. None nabyo, mu itangazo rimwe bashyize ahagaragara, […]
Post comments (0)