ACP Rutikanga yavuze ko Polisi itazihanganira ko ibyishimo bya bamwe biba intandaro yo kubangamira uburenganzira bw’abandi bityo ko abazakomeza kubirengaho bazakurikiranwa bagahanwa.
Itegeko n°48/2018 ryo ku wa 13/08/2018 rigenga ibidukikije, ingingo yaryo ya 43, ivuga ko ibikorwa biteza urusaku rwangiza cyangwa rukabangamira ubuzima bw’abantu bibujijwe. Urusaku urwo ari rwo rwose rugomba kubahiriza amabwiriza y’ubuziranenge yashyizweho n’ubuyobozi bubifitiye ububasha.
Ingingo ya 267 yo mu Itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu wese utera urusaku ku buryo bihungabanya umutuzo w’abaturage nta mpamvu igaragara cyangwa atabiherewe uburenganzira, aba akoze icyaha.
Umuyobozi wa BDF mu Rwanda, Vincent Munyeshyaka, avuga ko SACCO zigiye kongera gushyikirizwa amafaranga yo kuguriza abaturage ku nyungu ya 8%, ariko noneho zikazashyirwamo Miliyari 30. Vincent Munyeshyaka, umuyobozi wa BDF Nk’uyo uyu muyobozi abisobanura, ngo bizaba ari ku nshuro ya gatatu bashyikiriza za SACCO amafaranga yo kuguriza abaturage ku nyungu ya 8%, aya kandi akaba ari ayagenewe gufasha ba rwiyemezamirimo kuzahura ubukungu, nyuma y’ibihombo byakuruwe n’icyorezo cya Coronavirus. Agira […]
Post comments (0)